Arsenal FC ikomeje gucumbagirira mu nzira, Real Madrid ikora icyo yasabwaga
Ikipe ya Arsenal FC yananiwe gutsinda ikipe ya Crystal Palace mu mukino w’umunsi wa 34 wa shampiyona y’ubwongereza naho ikipe ya Real Madrid ibona amanota 3.
Mu ijoro ryo ku munsi w’ejo hashize tariki 23 mata 2025, ikipe ya Arsenal FC yakinnye umukino wa shampiyona n’ikipe ya Crystal Palace urangira ikipe zinganyije ibitego 2-2.
Ni umukino utari woroshye kuri aya makipe yombi. Ikipe ya Arsenal FC hakiri kare yaje kubona igitego cya 1 gitsinzwe na Jakob Kiwior ku munota wa 3.
Iki gitego cyahise cyishyurwa hakiri kare kuko ku munota wa 27 rutahizamu Eberechi Eze yaje guhita atsinda igitego ariko n’ubundi ikipe ya Arsenal FC isoza igice cya mbere ibonye intsinzi kuko Torossard yaje gutsinda igitego ku munota wa 42.
Igice cya kabiri ikipe ya Arsenal FC yakinnye nabi kuko iki gice cyose kihariwe na Crystal Palace kuko yaje no kubona igitego cya kabiri gitsinzwe na Jean Flip Mateta nyuma y’uburyo bwinshi yagiye ihusha.
Ikipe ya Arsenal FC yagize amanota 67 bivuze ko ikoze ikosa ishobora kwisanga yavuye ku mwanya wa kabiri kuko ikipe zirimo Manchester City, Nottingham ndetse na Newcastle United zose ziri aho hafi.
Nubwo mu bwongereza hari ibirori ariko kandi ikipe ya Real Madrid mu gihugu cya Esipanye yikiranuraga na Getafe, umukino urangira ari igitego 1-0.
Ni umukino utari woroshye ariko ikipe ya Real Madrid yagombaga gutsinda iza kubikora neza cyane kuko yari ibizi ko ikipe ya FC Barcelona bahanganye yari yamaze kwitsindira FC Mallorca.
Indi Mikino
Ikipe ya Inter Millan yaraye itsinzwe na AC Millan ibitego 3-0 mu mukino wo kwishyura w’igikombe cy’igihugu.
Arsenal FC yanganyije na Crystal Palace ibitego 2-2


Kinyarwanda
English
Swahili









