APR FC yatsinze Kiyovu Sports mu mukino ubanza w'igikombe cy'Amahoro
Ikipe ya APR FC yatsinze Kiyovu Sports ibitego 2-0 mu mukino ubanza wa 1/8 w'igikombe cy'Amahoro
Kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Gashyantare 2026, ikipe ya APR FC yasuye Kiyovu Sports kuri Kigali Pele Stadium mu mukino ubanze wa 1/8 w'igikombe cy'Amahoro.
Ni umukino utari woroshye cyane bijyanye no guhangana aya makipe yari amaze igihe agaragaza. Umukino waherukaga guhuza aya makipe yombi wari uwa Shampiyona wabaye tariki 14 Gashyantare 2026, warangiye ikipe zombi zinganyije 1-1.
Muri uyu mukino nubwo habayeho guhangana ariko ntabwo wavuga ko wagoye cyane APR FC nubwo igice cya mbere cyarangiye ikipe zombi zinganyije 0-0.
Igice cya kabiri cyatangiye ikipe ya Kiyovu Sports abasore bayo bakina bugarira, bakora amakosa baza gutsindwa igitego cya mbere gitsinzwe na Cheick Djibril Ouattara. Iki gitego cyabonetse ku munota wa 46 gusa nyuma y'umunota umwe gusa hatangiye igice cya kabiri.
Ku munota wa 73, ikipe ya APR FC yatsinze igitego cya kabiri gitsinzwe na Mamadou Sy nyuma y'umupira mwiza yahawe na William Mel Togui. Iki gitego cya APR FC yagitsinze nyuma n'ubundi y'amakosa yakozwe na ba myugariro ba Kiyovu Sports bananiwe gukiraho umupira ufatwa na Togui.
Umukino waje kurangira ikipe ya APR FC itahanye intsinzi y'ibitego 2-0 bituma amahirwe yo kugera muri 1/4 cy'igikombe cy'Amahoro yiyongera. Uyu mukino kandi wabanjirijwe n'umukino wahuje ikipe ya Gicumbi FC na Police FC warangiye ikipe zombi zinganyije igitego 1-1.


Kinyarwanda
English
Swahili









