Lionel Messi yageze muri Angola mu mukino wishyuwe arenga miliyari 14 Frw
Umunyabigwi mu mupira w’amaguru, Lionel Messi na bagenzi be bakinira Ikipe y’Igihugu ya Argentine bageze muri Angola mu mukino wa gicuti wishyuwe miliyari 14,5 Frw.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 14 Ugushyingo 2025, ni bwo Ikipe y’Igihugu ya Argentine yageze muri Angola ivuye muri Espagne aho yari imaze iminsi yitegurira uyu mukino.
Amashusho yafashwe agaragaza ko imihanda y’i Luanda mu murwa mukuru wa Angola yari yuzuye abafana b’umupira w’amaguru n’aba Lionel Messi bifuzaga kumubona imbonankubone mbere y’uko akina umukino uteganyijwe mu ijoro ryo kuru uyu wa Kane, ku kibuga cya Estádio 11 de Novembro.
Leta ya Angola yishyuye miliyoni 10$ [miliyoni 14,5 Frw] kugira ngo iyi kipe yegukanye Igikombe cy’Isi mu 2022 yemere gukinira muri Afurika, inayifashe kwizihiza imyaka 50 ishize iki gihugu kibonye ubwigenge.
Ikipe y’Igihugu ya Argentine iheruka muri Afurika mu 2010, ubwo yarimo ikina Igikombe cy’Isi cyabereye muri Afurika y’Epfo ndetse ikaba ari ku nshuro ya Gatanu Lionel Messi ageze muri Afurika mu mateka ye.
Izindi nshuro enye yahageze ni mu 2013 ubwo yagiye muri Sénégal mu bukangurambaga bwa UNICEF bwo kurwanya Malaria; muri Gabon mu 2015 aho yashyize ibuye ry’ifatizo kuri Port-Gentil Stadium yari igiye kubakwa; mu Misiri mu 2017 mu bukangurambaga bwo kurwanya Hepatite C; no muri Cameroun yagiye gufasha Samuel Eto’o mu bikorwa by’ubugiraneza.


Kinyarwanda
English
Swahili









