Amavubi yeretswe ko adashoboye Niyomugabo Claude akora nk'ibyo yakoreye Osimhen
Kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukwakira 2025, nibwo ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi itsinzwe ibitego 3-0 mu mukino usoza imikino yo gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi kizaba umwaka utaha.
Saa Kumi n'ebyiri z'umugoroba, nibwo ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi yatangiye gukina n'ikipe y'igihugu ya Afurika y'epfo. Ni umukino wari ukomeye ariko ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi itangira ikora amakosa menshi.
Ku munota wa 5, ikipe y'igihugu yazamukanye umupira binyuze ku basore bayo bahanahanye umupira imbere y'urubuga rw'umuzamu, Ntwari Fiacre ndetse uhita uvamo igitego cya mbere. Ni igitego cyatsinzwe na Thalente Mbatha ku ishoti rikomeye cyane.
Ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi ntiyigeze igera imbere y'izamu rya Afurika y'epfo kuva ku munota wa mbere kugeza ku munota wa 26 kuko wabonaga guhanahana umupira byabananiye cyane ndetse ubona abakinnyi bafite igihunga cyinshi.
Ikipe y'igihugu ya Afurika y'epfo nyuma yo kugenda ihusha ibitego byinshi, ku munota wa 26 yaje gutsinda igitego cya Kabiri ku burangare bwa ba myugariro b'Amavubi kugeza Oswin Appollis ateye mu izamu Ntwari Fiacre ntiyamenye aho umupira uciye.
Ku munota wa 33, rutahizamu w'ikipe y'igihugu ya Afurika y'epfo witwa Thapelo Morena yagize ikibazo cy'Imvune ahita asohorwa mu kibuga arimo kurira cyane. Ni nyuma yo kwirukankana ku mupira na Niyomugabo Claude amukozaho urukweto ahita avunika byo kudakomeza gukina.
Ibi bibaye ubugira Kabiri kuko no mu mukino u Rwanda rwakinnye na Nigeria, Niyomugabo Claude yahuye na Victor Osimhen bihita bituma uyu musore asohoka mu kibuga ndetse aza kwibasirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga ze n'abakunzi benshi b'uyu mukinnyi.
Ku munota wa 43, ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi yaje kugera ku izamu rya Afurika y'epfo nyuma yo guhanahana umupira kuri ba rutahizamu ariko haza kubamo ikosa ndetse birangira banabwiwe ko habayemo kurarira.
Igice cya mbere cyaje kurangira ikipe y'igihugu ya Afurika y'epfo itsinze ikipe y'igihugu y'u Rwanda ibitego 2-0. Ni igice ikipe y'igihugu y'u Rwanda yarushijwe cyane na Afurika y'epfo kuko warebaga aho igitego cyava ukahabura mu minota 45 yose.
Igice cya Kabiri cyatangiye n'ubundi ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi iri hasi cyane ndetse ikora amakosa nkuko yatangiye igice cya mbere bimeze. Ni ikipe y'igihugu ya Afurika y'epfo wabonaga n'ubundi igarutse ifite inyota yo gushaka ibindi bitego ariko bikomeza kwanga.
Ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi yaje guhita ikora impinduka ku munota wa 55, Kwizera Jojea ava mu kibuga hinjiramo Imanishimwe Emanuel. Muri ako kanya wabonaga ikipe y'igihugu y'u Rwanda igiye gukina ikoresha ba myugariro ba tanu kuko Niyomugabo Claude yakinaga ataha izamu anagaruka.
Ku munota wa 66, ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi yakoze amakosa mu rubuga rwayo abakinnyi ba Afurika y'epfo batera amashoti Ntwari Fiacre aba umugabo aya kuramo nta gitego kibonetse.
Ku munota wa 72, ikipe y'igihugu ya Afurika y'epfo yabonye igitego cya Gatatu gitsinzwe na Evidence Makgopa ku mupira yateye n'umutwe wenyine kandi yari kumwe n'abakinnyi b'Amavubi.
Ku munota wa 80, ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi yabonye amahirwe yo gutsinda igitego ku mupira watewe na Biramahire Abeddy ariko ateye ishoti umupira ukubita ipoto uragaruka.
Umukino waje kurangira ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi itsinzwe ibitego 3-0 mu mukino usoza imikino yo gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi kizaba umwaka utaha wa 2026. Ni umukino ikipe y'igihugu y'u Rwanda yakinaga ubona idahari kuko wabonaga imikinire yayo iri ku rwego rwo hasi cyane.


Kinyarwanda
English
Swahili









