issa
Ibiro bya Perezida Andry Rajoelina byahakanye ihirikwa ku butegetsi

Ibiro bya Perezida Andry Rajoelina byahakanye ihirikwa ku butegetsi

Oct 14, 2025 - 19:28
 0

Muri Madagascar bikomeje kuba agatogo. Igisirikare cyatangaje ko bakuye mu nshingano Perezida Andry Rajoelina ndetse n'urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rwatoye itegeko rikuraho Andry Rajoelina. Ku rundi ruhande ariko ibiro bya Perezida byatesheje agaciro iryo hirikwa, bahumuriza abaturage ko Inteko ishingamategeko ntayiriho yayiseshe.


Ku mugoroba wo ku wa 14 Ukwakira 2025 agatsiko ka gisirikare kakuyeho Perezida Andry Rajoelina, bahita bashyiraho Col Michael Randrianirina. BBC yanditse ko urukiko rushinzwe kurinsa itegeko nshinga rwatangaje ko Col Michael Randrianirina ariwe muyobozi w'igihugu mu gihe ibiro bya Perezida bigitsimbaraye kuri Andry Rajoelina.

Itsinda ry'abasirikare ryitwa Andry Rajoelina CAPSAT rizobereye mu guhirika abaperezida bananiwe inshingano ryatangaje ko ryakuyeho inzego zose mu gihugu ariko ryizeza abaturage gutegura amatora mu myaka ibiri iri imbere.

Inteko inshinga amategeko yatoye itegeko ryambura ububasha Perezida Andry Rajoelina ariko we, uwo mwanzuro yawutesheje agaciro avuga ko iyo nteko nta bubasha ifite kuko yari yarayisheshe mbere y'uko yerekeza mu buhingiro. Mu myaka 5 ishize ibihugu byo muri Afurika bimaze guhura n'ihirikwa ry'ubutegetsi risaga inshuro 6 harimo n'iyi yo muri Madagascar ariko itaremezwa.

Perezida Andry Rajoelina yahungishije agatwe

Perezida Andry Rajoelina w'ikirwa cya Madagascar yashyize aratobora avuga ko yahungishije agatwe ko nyuma y'uko abasirikare biyunze ku rubyiruko bari bamusatiriye ngo bamwivugane. Ku wa 13 Ukwakira 2025 aho ari mu buhungiro nubwo yirinze kuvuga igihugu cyamuhaye indaro, akibona ko yashize impumu, akitsa umutima yigiriye inama yo gukoresha imbuga nkoranyambaga by'umwihariko Facebook. Uru ni narwo rubuga rufite abarukoresha benshi mu isi y'imbuga nkoranyambaga dore ko kugeza ubu abasaga miliyali 3 barutambukirizaho ubutumwa buri kwezi.

Agatsindwa azi aho asanga abaturage be! Imibare yerekana ko miliyoni 4 z'abaturage ba Madagascar bakoresha imbuga nkoranyambaga by'umwihariko Facebook ikiganza kuri 82%. Ikitwa Facebook Lite ,ikoreshwa mu bihugu bifite murandasi igendera ku muvuduko nk'uw'akanyamasyo niyo abo muri kiriya kirwa bimirije imbere.

Tugarutse ku mpunzi yacu y'umunsi Perezida Andry Rajoelina, yagize ati"Inshuro nyinshi nasimbutse impfu, ndetse hari igihe nagombaga kujya gutanga ikiganiro kuri radiyo na televiziyo by'igihugu, nakira amakuru y'itsinda ry'abasirikare bari bahigiye agatwe kanjye".

Bwana Andry Rajoelina yabwiye abigaragambya bamusaba kwegura ko "Mwubahe itegeko nshinga". Andry Rajoelina ari guca mu bibazo yaburiye ibisubizo kuko urubyiruko 'Gen-Z' bavuga ko bafite ikibazo cy'ibura ry'amazi n'umuriro mu murwa mukuru Antananarivo.

Uwagutamitse nubundi yakurutsa

CAPSAT ni itsinda ry'ingabo zamaze gutangaza ko ziri kugenzura igisirikare cyo mu kirere, mu mazi no ku butaka. Ku muntu wakurikiye uko Rajoelina yaje ku butegetsi mu 2009 habayeho ihirikwa rya Marc Ravarmanana. Imyaka 16 rero nubundi amateka ashobora kwisubiramo ririya tsinda rikongera rigaha ubutegetsi uwo ryifuza. Ashobora kuba yarariye wenyine kandi akanwa karya konyine kavuza induru ntiwumve.

BBC yanditse ko umugambi wa CAPSAT ari uguhirika ubutegetsi bwa Andry Rajoelina bakimika umushya.

Kimwe n'ahandi muri Afurika, urubyiruko rwo muri Madagascar rwiyemeje kujya mu mihanda ku wa 25 Nzeri 2025 bitewe n'uko Leta ya Rajoelina yatereye agati mu ryinyo yanga gukemura ikibazo cya ruswa yamunze igihugu, ubushomeri, no kuba ikiguzi cy'ubuzima kirushaho kurenga ubushobozi bw'abaturage.

CAPSAT yashyizeho umugaba w'ingabo mushya Gen Demosthene Pikulas akaba ari we uri kuyobora igisirikare. Byanashoboka ko vuba cyane Andry Rajoelina naguma mu Bufaransa aho yahungiye ajyanywe n'indege y'igisirikare kirwanira mu kirere y'Abafaransa nubwo yaba Perezida Emmanuel Macron, Andry Rajoelina nta n'umwe uremeza ayo makuru, icyakora RFI y'abafaransa yarayatangaje kandi biragoye ko yahusha.

Urubyiruko rwatangiye kwigaragambya rukoresheje murandasi kuva mu 2023 ubwo Andry Rajoelina yatorerwaga kuyobora indi manda. Urwo rubyiruko rwibumbiye kitwa Gen Z Mada, biyemeje gukuraho Andry Rajoelina nubwo we asaba ko itegeko nshinga ryubahwa.

Umuryango w'Afurika yunze Ubumwe wasabye ko hashyirwa imbere inzira y'ibiganiro muri ayo makimbirane. Ku wa 13 Ukwakira 2025 batanze agahenge, amaduka,amasoko yarafunguye arakora nk'ibisanzwe.

Icyakora Air France irasubukura ingendo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukwakira 2025. Kugeza ubu habarurwa 22 bahasize ubuzima na 100 bakomeretse bihagije. Madagascar ntijya imara kabiri mu mahoro kuva yabona ubwigenge mu 1960. Nko mu 2009 hadutse imvururu zakuyeyo Marc Ravarmanana hajyaho Andry Rajoelina. Rajoelina yayoboye imyaka 4, agaruka ku butegetsi mu 2018. 

Madagascar ifite ubutunzi bwo munsi y'ubutaka ariko ntacyo bumariye abaturage bitewe nuko 75% by'abaturage, Umuryango w'Abibumbye na Banki y'isi bavuga ko bari munsi y'umurongo w'ubukene. Wa muntu utabasha kubona ibyo kurya. 

Ni ikirwa cyo ku nyanja y'Abahinde ariko ntiwakwiyumvisha uburyo miliyoni 10 aribo babona umuriro w'amashanyarazi mu gihe miliyoni 20 zibera mu mwijima, nkuko bitangazwa na IMF'International Monetary Fund'.

Bimwe bavuga byo guturira iriba nturivome. Icyakora iyi ngingo ntikwiriye kwihanganirwa ku muyobozi wese kuko nta rwitwazo ruhari bitewe n'uko ahubwo buri muturage yakabonye umuriro. Inyanja ntacyo ibamariye!

Iyi myigaragambyo ishyigikiwe n'umuyobozi utavuga rumwe na Leta Siteny Randrianasoloniaiko na Marc Ravalomanana wakuwe ku butegetsi mu 2009. Madagascar ni ikirwa cya kane mu bunini ku isi.

Ibiro bya Perezida Andry Rajoelina byahakanye ihirikwa ku butegetsi

Oct 14, 2025 - 19:28
 0
Ibiro bya Perezida Andry Rajoelina byahakanye ihirikwa ku butegetsi

Muri Madagascar bikomeje kuba agatogo. Igisirikare cyatangaje ko bakuye mu nshingano Perezida Andry Rajoelina ndetse n'urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rwatoye itegeko rikuraho Andry Rajoelina. Ku rundi ruhande ariko ibiro bya Perezida byatesheje agaciro iryo hirikwa, bahumuriza abaturage ko Inteko ishingamategeko ntayiriho yayiseshe.


Ku mugoroba wo ku wa 14 Ukwakira 2025 agatsiko ka gisirikare kakuyeho Perezida Andry Rajoelina, bahita bashyiraho Col Michael Randrianirina. BBC yanditse ko urukiko rushinzwe kurinsa itegeko nshinga rwatangaje ko Col Michael Randrianirina ariwe muyobozi w'igihugu mu gihe ibiro bya Perezida bigitsimbaraye kuri Andry Rajoelina.

Itsinda ry'abasirikare ryitwa Andry Rajoelina CAPSAT rizobereye mu guhirika abaperezida bananiwe inshingano ryatangaje ko ryakuyeho inzego zose mu gihugu ariko ryizeza abaturage gutegura amatora mu myaka ibiri iri imbere.

Inteko inshinga amategeko yatoye itegeko ryambura ububasha Perezida Andry Rajoelina ariko we, uwo mwanzuro yawutesheje agaciro avuga ko iyo nteko nta bubasha ifite kuko yari yarayisheshe mbere y'uko yerekeza mu buhingiro. Mu myaka 5 ishize ibihugu byo muri Afurika bimaze guhura n'ihirikwa ry'ubutegetsi risaga inshuro 6 harimo n'iyi yo muri Madagascar ariko itaremezwa.

Perezida Andry Rajoelina yahungishije agatwe

Perezida Andry Rajoelina w'ikirwa cya Madagascar yashyize aratobora avuga ko yahungishije agatwe ko nyuma y'uko abasirikare biyunze ku rubyiruko bari bamusatiriye ngo bamwivugane. Ku wa 13 Ukwakira 2025 aho ari mu buhungiro nubwo yirinze kuvuga igihugu cyamuhaye indaro, akibona ko yashize impumu, akitsa umutima yigiriye inama yo gukoresha imbuga nkoranyambaga by'umwihariko Facebook. Uru ni narwo rubuga rufite abarukoresha benshi mu isi y'imbuga nkoranyambaga dore ko kugeza ubu abasaga miliyali 3 barutambukirizaho ubutumwa buri kwezi.

Agatsindwa azi aho asanga abaturage be! Imibare yerekana ko miliyoni 4 z'abaturage ba Madagascar bakoresha imbuga nkoranyambaga by'umwihariko Facebook ikiganza kuri 82%. Ikitwa Facebook Lite ,ikoreshwa mu bihugu bifite murandasi igendera ku muvuduko nk'uw'akanyamasyo niyo abo muri kiriya kirwa bimirije imbere.

Tugarutse ku mpunzi yacu y'umunsi Perezida Andry Rajoelina, yagize ati"Inshuro nyinshi nasimbutse impfu, ndetse hari igihe nagombaga kujya gutanga ikiganiro kuri radiyo na televiziyo by'igihugu, nakira amakuru y'itsinda ry'abasirikare bari bahigiye agatwe kanjye".

Bwana Andry Rajoelina yabwiye abigaragambya bamusaba kwegura ko "Mwubahe itegeko nshinga". Andry Rajoelina ari guca mu bibazo yaburiye ibisubizo kuko urubyiruko 'Gen-Z' bavuga ko bafite ikibazo cy'ibura ry'amazi n'umuriro mu murwa mukuru Antananarivo.

Uwagutamitse nubundi yakurutsa

CAPSAT ni itsinda ry'ingabo zamaze gutangaza ko ziri kugenzura igisirikare cyo mu kirere, mu mazi no ku butaka. Ku muntu wakurikiye uko Rajoelina yaje ku butegetsi mu 2009 habayeho ihirikwa rya Marc Ravarmanana. Imyaka 16 rero nubundi amateka ashobora kwisubiramo ririya tsinda rikongera rigaha ubutegetsi uwo ryifuza. Ashobora kuba yarariye wenyine kandi akanwa karya konyine kavuza induru ntiwumve.

BBC yanditse ko umugambi wa CAPSAT ari uguhirika ubutegetsi bwa Andry Rajoelina bakimika umushya.

Kimwe n'ahandi muri Afurika, urubyiruko rwo muri Madagascar rwiyemeje kujya mu mihanda ku wa 25 Nzeri 2025 bitewe n'uko Leta ya Rajoelina yatereye agati mu ryinyo yanga gukemura ikibazo cya ruswa yamunze igihugu, ubushomeri, no kuba ikiguzi cy'ubuzima kirushaho kurenga ubushobozi bw'abaturage.

CAPSAT yashyizeho umugaba w'ingabo mushya Gen Demosthene Pikulas akaba ari we uri kuyobora igisirikare. Byanashoboka ko vuba cyane Andry Rajoelina naguma mu Bufaransa aho yahungiye ajyanywe n'indege y'igisirikare kirwanira mu kirere y'Abafaransa nubwo yaba Perezida Emmanuel Macron, Andry Rajoelina nta n'umwe uremeza ayo makuru, icyakora RFI y'abafaransa yarayatangaje kandi biragoye ko yahusha.

Urubyiruko rwatangiye kwigaragambya rukoresheje murandasi kuva mu 2023 ubwo Andry Rajoelina yatorerwaga kuyobora indi manda. Urwo rubyiruko rwibumbiye kitwa Gen Z Mada, biyemeje gukuraho Andry Rajoelina nubwo we asaba ko itegeko nshinga ryubahwa.

Umuryango w'Afurika yunze Ubumwe wasabye ko hashyirwa imbere inzira y'ibiganiro muri ayo makimbirane. Ku wa 13 Ukwakira 2025 batanze agahenge, amaduka,amasoko yarafunguye arakora nk'ibisanzwe.

Icyakora Air France irasubukura ingendo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukwakira 2025. Kugeza ubu habarurwa 22 bahasize ubuzima na 100 bakomeretse bihagije. Madagascar ntijya imara kabiri mu mahoro kuva yabona ubwigenge mu 1960. Nko mu 2009 hadutse imvururu zakuyeyo Marc Ravarmanana hajyaho Andry Rajoelina. Rajoelina yayoboye imyaka 4, agaruka ku butegetsi mu 2018. 

Madagascar ifite ubutunzi bwo munsi y'ubutaka ariko ntacyo bumariye abaturage bitewe nuko 75% by'abaturage, Umuryango w'Abibumbye na Banki y'isi bavuga ko bari munsi y'umurongo w'ubukene. Wa muntu utabasha kubona ibyo kurya. 

Ni ikirwa cyo ku nyanja y'Abahinde ariko ntiwakwiyumvisha uburyo miliyoni 10 aribo babona umuriro w'amashanyarazi mu gihe miliyoni 20 zibera mu mwijima, nkuko bitangazwa na IMF'International Monetary Fund'.

Bimwe bavuga byo guturira iriba nturivome. Icyakora iyi ngingo ntikwiriye kwihanganirwa ku muyobozi wese kuko nta rwitwazo ruhari bitewe n'uko ahubwo buri muturage yakabonye umuriro. Inyanja ntacyo ibamariye!

Iyi myigaragambyo ishyigikiwe n'umuyobozi utavuga rumwe na Leta Siteny Randrianasoloniaiko na Marc Ravalomanana wakuwe ku butegetsi mu 2009. Madagascar ni ikirwa cya kane mu bunini ku isi.