issa
Amavubi yatangiranye imyitozo abakinnyi 9 gusa [AMAFOTO]

Amavubi yatangiranye imyitozo abakinnyi 9 gusa [AMAFOTO]

Oct 7, 2025 - 07:17
 0

Ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi yatangiranye imyitozo abakinnyi 9 gusa barimo Umwe ukina hano mu Rwanda.


Ku munsi wejo hashize tariki 6 Ukwakira 2025, ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi yatangiye imyitozo yitegura umukino izakinamo n'ikipe y'igihugu ya Benin.

Ni imyitozo yakorewe kuri Petit Stade Amahoro ku isaha ya saa Kumi n'ebyiri z'umugoroba ari nayo saha izakinirwaho uyu mukino w'umunsi wa Cyenda wo gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi. Iyi myitozo yitabiriwe n'abakinnyi icyenda gusa barimo Nshimiyimana Emmanuel 'Kabange' ukina muri Rayon Sports.

Iyi myitozo yarimo kandi abakinnyi 8 baturutse hanze y'u Rwanda barimo Mutsinzi Ange Jimmy, Manzi Thierry, Kavita Phanuel, Mugisha Bonheur, Bizimana Djihadi, Nshuti Innocent, Imanishimwe Emanuel 'Mangwende' ndetse na Buhake Clement.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Ukwakira 2025, iyi kipe y'igihugu irakomeza imyiteguro y'iyi mikino Ibiri ndetse izitabirwa n'abandi bakinnyi baraye bageze mu Rwanda.

Abakinnyi bategerejwe barimo NKULIKIYIMANA Darryl Nganji wageze hano mu Rwanda mu ijoro ryo ku wa mbere tariki 6 Ukwakira 2025, Kwizera Jorjea, Gitego Arthur ndetse na Enzo Baraza kugera mu gihugu kuri uyu wa Kabiri bose bahamagawe baturutse hanze y'u Rwanda ndetse haraba hari n'abakinnyi bari mu ikipe ya APR FC.

Ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi izakina na Benin tariki 10 Ukwakira 2025, ndetse yongere ikine na Afurika y'epfo tariki 14 Ukwakira 2025. Iyi n'imikino isoza yo gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi kizaba umwaka utaha wa 2026.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Amavubi yatangiranye imyitozo abakinnyi 9 gusa [AMAFOTO]

Oct 7, 2025 - 07:17
 0
Amavubi yatangiranye imyitozo abakinnyi 9 gusa [AMAFOTO]

Ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi yatangiranye imyitozo abakinnyi 9 gusa barimo Umwe ukina hano mu Rwanda.


Ku munsi wejo hashize tariki 6 Ukwakira 2025, ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi yatangiye imyitozo yitegura umukino izakinamo n'ikipe y'igihugu ya Benin.

Ni imyitozo yakorewe kuri Petit Stade Amahoro ku isaha ya saa Kumi n'ebyiri z'umugoroba ari nayo saha izakinirwaho uyu mukino w'umunsi wa Cyenda wo gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi. Iyi myitozo yitabiriwe n'abakinnyi icyenda gusa barimo Nshimiyimana Emmanuel 'Kabange' ukina muri Rayon Sports.

Iyi myitozo yarimo kandi abakinnyi 8 baturutse hanze y'u Rwanda barimo Mutsinzi Ange Jimmy, Manzi Thierry, Kavita Phanuel, Mugisha Bonheur, Bizimana Djihadi, Nshuti Innocent, Imanishimwe Emanuel 'Mangwende' ndetse na Buhake Clement.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Ukwakira 2025, iyi kipe y'igihugu irakomeza imyiteguro y'iyi mikino Ibiri ndetse izitabirwa n'abandi bakinnyi baraye bageze mu Rwanda.

Abakinnyi bategerejwe barimo NKULIKIYIMANA Darryl Nganji wageze hano mu Rwanda mu ijoro ryo ku wa mbere tariki 6 Ukwakira 2025, Kwizera Jorjea, Gitego Arthur ndetse na Enzo Baraza kugera mu gihugu kuri uyu wa Kabiri bose bahamagawe baturutse hanze y'u Rwanda ndetse haraba hari n'abakinnyi bari mu ikipe ya APR FC.

Ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi izakina na Benin tariki 10 Ukwakira 2025, ndetse yongere ikine na Afurika y'epfo tariki 14 Ukwakira 2025. Iyi n'imikino isoza yo gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi kizaba umwaka utaha wa 2026.