Super Manager yajyanye umutoza mu ikipe ikomeye muri Kenya [AMASHUSHO]
Super Manager uzwi cyane mu myidagaduro ndetse no mu mupira w'u Rwanda, yajyanye umutoza mu ikipe ya Bandari FC yo muri Kenya.
Ku wa Mbere tariki 6 Ukwakira 2025, nibwo Bandari FC yatangaje ko yasinyishije umutoza w'umunya-Marocco witwa Mohamed Borji nk'umutoza wayo mukuru.
Uyu mutoza yeretswe itangazamakuru ryo mu gihugu cya Kenya ndetse ari kumwe na Super Manager bivugwa ko ari we wamuzanye muri Bandari FC.
Ku cyumweru tariki 5 Ukwakira 2025, Super Manager yashyize hanze amashusho agaragaza ko ari mu gihugu cya Marocco ndetse ari kumwe n'uyu mutoza waje guhita yerekanwa nk'umutoza mushya wa Bandari FC.
Super Manager mu butumwa yaherekesheje aya mashusho yavuze ko ibikorwa bivuga kuruta abanyamagambo. Yagize ati " Ibikorwa bivugwa kuruta abanyamagambo."
Mohamed Borji wahawe akazi nk'umutoza Mukura ari kumwe na Tarik Bendamou wagizwe umutoza wungirije, yatoje amakipe arimo Difaa El Jadida, Far Rabat ndetse na Waydad Casablanca hamwe n'izindi.
Aba batoza bashya bahawe Bandari FC, umukino wa mbere baratoza ni umukino ugomba guhuza iyi kipe na AFC Leopards uzaba tariki 15 Ukwakira 2025.
Mohamed Borji yagizwe umutoza wa Bandari FC
Super Manager nawe yafashe ifoto n'abatoza


Kinyarwanda
English
Swahili









