issa
Police HC yongeye kwigaragaza  muri ECAHF

Police HC yongeye kwigaragaza muri ECAHF

Jan 2, 2026 - 12:12
 0

Ikipe ya Police y'u Rwanda muri Hand ball yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda NCPB


Ikipe ya Polisi y’u Rwanda y’umukino w’amaboko, Police Handball Club, yegukanye igikombe cy’irushanwa rihuza amakipe yo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba no hagati (ECAHF), nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma ikipe ya NCPB yo muri Kenya.

Uyu mukino wa nyuma wabaye ku wa Kane, tariki ya 01 Mutarama 2026, muri Old Kampala Arena mu gihugu cya Uganda, aho iri rushanwa ryakinwaga ku nshuro ya 43.

Ni intsinzi ikomeye Police HC yabonye ihagarariye u Rwanda, cyane ko iyi kipe yari ifite ishyaka ryo kwihorera kuri NCPB yari yayitsinze mu mukino wafunguraga iri rushanwa ibitego 28 kuri 26. Ku mukino wa nyuma, Police HC yaje yiteguye bihagije, yitwara neza mu byiciro byose by’umukino, itsinda NCPB ibitego 34 kuri 28.

Mu rugendo rwayo rugana ku gikombe, Police HC yitwaye neza mu mikino ibanza, aho yasezereye Police HC ya Uganda iyitsinze ibitego 35 kuri 25, ikurikiraho gutsinda UPDF HC (ikipe y’igisirikare cya Uganda) ibitego 32 kuri 21, biyihesha itike yo kugera ku mukino wa nyuma.

Irushanwa rya ECAHF ry’uyu mwaka ryabereye muri Uganda ryitabiriwe n’amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bihugu byayo. Iyi yari inshuro ya munani Police HC iryitabiriye, ikaba imaze kuryegukana inshuro eshanu, igaragaza ubukaka n’ubudahangarwa mu mukino w’amaboko mu karere.

Image

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Police HC yongeye kwigaragaza muri ECAHF

Jan 2, 2026 - 12:12
 0
Police HC yongeye kwigaragaza  muri ECAHF

Ikipe ya Police y'u Rwanda muri Hand ball yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda NCPB


Ikipe ya Polisi y’u Rwanda y’umukino w’amaboko, Police Handball Club, yegukanye igikombe cy’irushanwa rihuza amakipe yo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba no hagati (ECAHF), nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma ikipe ya NCPB yo muri Kenya.

Uyu mukino wa nyuma wabaye ku wa Kane, tariki ya 01 Mutarama 2026, muri Old Kampala Arena mu gihugu cya Uganda, aho iri rushanwa ryakinwaga ku nshuro ya 43.

Ni intsinzi ikomeye Police HC yabonye ihagarariye u Rwanda, cyane ko iyi kipe yari ifite ishyaka ryo kwihorera kuri NCPB yari yayitsinze mu mukino wafunguraga iri rushanwa ibitego 28 kuri 26. Ku mukino wa nyuma, Police HC yaje yiteguye bihagije, yitwara neza mu byiciro byose by’umukino, itsinda NCPB ibitego 34 kuri 28.

Mu rugendo rwayo rugana ku gikombe, Police HC yitwaye neza mu mikino ibanza, aho yasezereye Police HC ya Uganda iyitsinze ibitego 35 kuri 25, ikurikiraho gutsinda UPDF HC (ikipe y’igisirikare cya Uganda) ibitego 32 kuri 21, biyihesha itike yo kugera ku mukino wa nyuma.

Irushanwa rya ECAHF ry’uyu mwaka ryabereye muri Uganda ryitabiriwe n’amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bihugu byayo. Iyi yari inshuro ya munani Police HC iryitabiriye, ikaba imaze kuryegukana inshuro eshanu, igaragaza ubukaka n’ubudahangarwa mu mukino w’amaboko mu karere.

Image