Amararira n'agahinda:Niyigaba Clement yatanze ingwate y'inzu asaba kurekurwa
Niyigaba Clement yasabye Urukiko ko ibyo yakoze byatewe n'umujinya akaba asaba ko yarekurwa akajya kwita ku muryango. Yatanze ingwate y'inzu ya miliyoni 170 Frw iri mu Busanza mu mujyi wa Kigali.
Niyigaba Clement yabwiye Urukiko ko yahaye Anatole Uragiwenimana miliyoni 17 Frw bandikirana ko aguze imigabane ingana na 50%.
Yafunzwe amaze kumuha miliyoni 25 Frw. Icyakora yagombaga kumuha miliyoni 50 Frw, kugirango bafatanye iryo shuri.
Amasezerano bakoranye mu 2024 yari ifite igihe cy'imyaka itatu aho yahembwaga miliyoni ku kwezi. Muri Nzeri 2026 bari kuvugurura amasezerano bagasinya ko bafatanyije ishuri ku ijanisha rya 50 kuri buri umwe.
Ahubutse ishuri ni ahasanzwe hagenewe ubuhinzi. Niyigaba Clement yasobanuye ko bagerageje guhinduza imiterere y'ubutaka n'igikorwa abona biragoye.
Yemereye Urukiko ko ku wa 27 Werurwe 2026 haje abantu bayobowe n'ushinzwe imiturire mu murenge wa Jabana. Niyigaba Clement na mugenzi we Anatole Uragiwenimana ari nawe wari wanditse ku cyangombwa.
Niyigaba Clement yavuze ko yinginze ushinzwe imiturire ko bareka bagasakara undi aramutsembera. Yavuze bari bamaze gukoresha miliyoni 58 Frw ku nyubako. Niyigaba Clement yasabye ko bakwisenyera nibura bakagira icyo baramira nka block cement.
Ushinzwe imyubakire mu murenge yasabye ko bishyura abari baje gusenya asaga 70,000 Frw. Niyigaba Clement yavuze ko batangiye kwisenyera.
Ushinzwe imyubakire mu murenge witwa Mutangana Victor yemeranyije na Niyigaba Clement ko bazafata iminsi 15 yo kwisenyera.
Nyuma y'iminsi 2 ku wa 31 Werurwe 2026 nibwo ikipe y'umurenge, Lasso, Polish, abanyerondo baraje bamusaba ko bareka ubuyobozi bukisenyera kuko bo barimo batinda.
Aho niho Niyigaba Clement yabwiye Anatole Uragiwenimana ko yabareka bagasenya. Bigiriye inama yo kujya mu kigo cy'igihugu cy'ubutaka guhinduza icyangombwa.
Abasenya barasenya, Niyigaba Clement na Anatole Uregiwenimana bagiye mu modoka bararira barihanagura.
10:58 Ikiniga cyamufashe araturika ararira
Niyigaba Clement yafashwe n'ikiniga ararira abwira Urukiko ko bigeze kwishyurira ubwisungane mu kwivuza abaturage basaga 1000 batuye aho ishuri ryabatse.
Bageze ku gikuta, Niyigaba Clement yavuye mu modoka arasohoka afata amashusho y'abari gusenywa.
Ushinzwe imyubakire mu murenge yabwiye abari kubaka inzu ko 'Nimuze tugende turasoje'. Niyigaba Clement yegereye uwo muyobozi amubwira ko asenye inzozi ze. Ati"Nagiye nshaka kumufata mu ijosi.
Abaturage barankuruye ,igipesu cy'uwo muyobozi cyaracitse". Ushinzwe imyubakire mu murenge witwa Mutangana Victor yagiye mu mudoka, Clement yaramusanze.
Asagarira Mutangana Victor, ikirahure cyaramenetse. Imodoka yaragiye yari itwaye Mutangana Victor nuko byarangiye.
Niyigaba Clement yabwiye Urukiko ko yavutse 1996 akaba nta yindi Leta azi nta mpamvu yo kumushinja kwangisha abaturage ubutegetsi.
Yavuze ko yamenye ubwenge Perezida Kagame ari we uyoboye ku buryo nta kibi yagambirira gukora.
Ibyo yasakaje ku mbuga nkoranyambaga
Niyigaba Clement yavuze ko ibyo yanditse, Ubushinjacyaha bwabisanzemo ibyaha. Yavuze ko Ubushinjacyaha buzana agace k'ibyo yavuze aho kuzana inyandiko yose yanditse.
Yavuze ko amagambo yo gusenya ishuri atari ugusenya Clement gusa ahubwo ahemukiye abaturage bari kuzarerera muri iryo shuri.
Niyigaba Clement yavuze ko kuba bari bamaze gukoresha miliyoni 58 Frw byamuteye umujinya w'umuranduranzuzi. Yavuze ko yanditse ko nta we uzamubuza kubaka igihugu cyamubyaye.
Yavuze ko yafashwe atarabona uko yakora ikiganiro kiviguruza ibyo yanditse nk'uko amahame ngengamyitwarire aranga abanyamakuru b'umwuga abasaba kwivuguruza ,yabuze uko abikora icyakora yanditse ibaruwa isaba imbabazi.
Niyigaba Clement yavuze ko Mutesi Scovia ari kumwe n'umuvugizi wa polisi mu mujyi wa Kigali, basanze Clement kuri Kasho asaba imbabazi Mutangana Victor.
Uwabaye ibamba ni umunyamabanga nshingabikorwa w'umurenge. Uwo muyobozi w'umurenge yegereye Niyigaba Clement ko 'Wowe nintakumvisha nzamenya ko ntari Jonas'.
Mutesi Scovia,umuvugizi wa polisi babwiye Niyigaba Clement ko igisigaye ari ukwiyambaza amategeko kuko umunyamabanga w'umurenge yabaye ibamba. Niyigaba Clement yavuze ko binginze Ndahiro Valens Papy ngo ntashyire hanze ikiganiro ariko Papy amubera undi wundi,ikiganiro agishyira hanze.
Ku byasabwe z'Ubushinjacyaha, Urukiko rwabajije Clement icyo asaba. Yavuze ko asaba gukurinwa ari hanze. Yavuze ko nta mugambi yateguye wo gusagarira ushinzwe imyubakire mu murenge witwa Mutangana Victor.
Niyigaba Clement yavuze ko bibarutse impanga kandi ko umugore we yarwaye umugongo. Yavuze ko atabasha kwicara ngo yambike umwana, kandi ko nta kintu abasha gukora.
Abana bafite ubushake bwo kurya'Apetit' nibura bakoresha 400,000 ku Cyumweru. Yasabye ko yarekurwa akajya kuvuza umugore.
Yatanze ingwate y'inzu iri mu mujyi wa Kigali ifite agaciro ka miliyoni 140 Frw. Kuri ibyo rero yasabye ko isaha n'isaha yiteguye ko bamubwira inkuru mbi ko umugore we yaba pararise kubera uburwayi.
Byageze aho kuvuga bimunanira ararira arekera aho. Abari bicaye mu Urukiko bafashwe n'akababaro bagira ikiniga, icyumba cy'iburana kigira ituze.
Perezida w'inteko iburanisha yasabye Niyigaba Clement kwicara akareka abamwunganira bagakomeza.
11:22 Urubanza rurakomeje... Abunganira Niyigaba Clement bari kumwunganira..

Kinyarwanda
English
Swahili









