issa
Iteka rya perezida rigena ingano y’imishahara n’ibindi bigenerwa abanyapolitiki bakuru b’igihugu cy’ u Rwanda

Iteka rya perezida rigena ingano y’imishahara n’ibindi bigenerwa abanyapolitiki bakuru b’igihugu cy’ u Rwanda

Jul 5, 2025 - 12:17
 0

Perezida wa repubulika n’abanyapolitiki bakuru bagenerwa imishahara iteganywa n’iteka rya perezida n°004/01 ryo ku wa 16/02/2017 rigena ingano y’imishahara n’ibindi bigenerwa abanyapolitiki bakuru b’igihugu n’uburyo bitangwa


 

Abanyapolitiki bakuru b’Igihugu barebwa n’iri teka barimo perezida wa repubulika, perezida wa sena, perezida w’umutwe w’abadepite, minisitiri w’intebe, ba visi perezida ba sena, ba visi perezida b’umutwe w’abadepite, abaminisitiri, abanyamabanga ba leta, abandi bagize guverinoma bashobora gushyirwaho na perezida wa repubulika, abaguverineri b’intara, umuyobozi w’umujyi wa Kigali, abasenateri n’abadepite.

Ibigenerwa Perezida wa Repubulika

Ingingo ya 4 ivuga ko Perezida wa Repubulika agenerwa umushahara mbumbe ungana n’amafaranga y’u Rwanda miliyoni esheshatu n’ibihumbi ijana na bibiri na magana arandwi na mirongo itanu n’atandatu (6.102.756 Frw) buri kwezi nibindi birimo inzu yo kubamo ifite ibyangombwa byose, imodoka eshanu (5) z’akazi za buri gihe n’ibyangombwa byazo byose byishyurwa na Leta, amafaranga yo kwakira abashyitsi mu rwego rw’akazi yose yishyurwa na Leta, uburyo bw’itumanaho rigezweho, rigizwe na telefoni itagendanwa, telefoni igendanwa, fagisi, interineti itagendanwa na interineti igendanwa, telefoni satelite, anteni parabolike n’irindi tumanaho ryose rya ngombwa mu biro, mu rugo n’ahandi hose bigaragaye ko ari ngombwa rimufasha kuzuza inshingano ze, byose byishyurwa na Leta, amafaranga akoreshwa mu rugo angana na miliyoni esheshatu n’ibihumbi magana atanu y’u Rwanda (6.500.000 Frw) buri kwezi, amazi n’amashanyarazi byishyurwa na Leta, uburinzi buhoraho haba ku kazi, mu rugo ndetse n’ahandi hose.

Perezida wa Sena, Perezida w’Umutwe w’Abadepite na Minisitiri w’Intebe

Perezida wa Sena, Perezida w’Umutwe w’Abadepite na Minisitiri w’Intebe bagenerwa buri wese umushahara mbumbe w’umurimo ungana n’amafaranga y’u Rwanda miliyoni enye n’ibihumbi magana atatu na mirongo ine na bitandatu n’ijana na mirongo itanu n’atandatu (4.346.156 Frw) buri kwezi. n’ibindi bibafasha kuzuza neza  inshingano uko bikwiye

Ba Visi-Perezida ba Sena, aba Visi-Perezida b’Umutwe w’Abadepite, Abaminisitiri, abandi bagize Guverinoma bashobora gushyirwaho na Perezida wa Repubulika n’Abanyamabanga ba Leta

Ingingo ya 6 y’iri teka iteganya ko Ba Visi-Perezida ba Sena, ba Visi- Perezida b’Umutwe w’Abadepite, Abaminisitiri n’abandi bagize Guverinoma bashobora gushyirwaho na Perezida wa Repubulika bagenerwa buri wese umushahara mbumbe buri kwezi ungana n’amafaranga y’u Rwanda miliyoni ebyiri n’ibihumbi magana atanu mirongo itatu na bine na magana inani na mirongo itandatu na rimwe (2.534.861 Frw) n’ibindi bibafasha kuzuza neza inshingano uko bikwiye

Abanyamabanga ba Leta bagenerwa buri wese umushahara mbumbe buri kwezi ungana n’amafaranga y’u Rwanda miliyoni ebyiri n’ibihumbi magana ane na mirongo itatu na bine na magana atandatu na cumi n’atatu (2.434.613 Frw) n’ibindi bibafasha kuzuza neza inshingano uko bikwiye

Abaguverineri b’Intara n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali

Abaguverineri b’Intara n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali bagenerwa buri wese umushahara mbumbe w’umurimo buri kwezi ungana n’amafaranga y’u Rwanda miliyoni ebyiri n’ibihumbi magana ane na mirongo itatu na bine na magana atandatu na cumi n’atatu (2.434. 613 Frw) n’ibindi bibafasha kuzuza neza  inshingano uko bikwiye

Abasenateri n’Abadepite

Abasenateri bagenerwa buri wese umushahara mbumbe w’umurimo ungana n’amafaranga y’u Rwanda miliyoni imwe n’ibihumbi magana inani na mirongo ine na birindwi na magana atandatu n’icyenda (1.847.609 Frw) buri kwezi n’ibindi bibafasha kuzuza inshingano uko bikwiye

Abadepite bagenerwa buri wese umushahara mbumbe w’umurimo ungana n’amafaranga y’u Rwanda miliyoni imwe n’ibihumbi magana arindwi na mirongo irindwi na bine na magana atanu na mirongo ine (1.774.540 Frw) buri kwezi.

Abaperezida ba Komisiyo muri Sena no mu Mutwe w’Abadepite, buri kwezi bongererwa buri wese ku mushahara mbumbe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi mirongo itatu na bitanu (35.000 Frw) naho aba Visi-Perezida b’izo Komisiyo bakongererwa ibihumbi mirongo itatu (30.000 Frw) buri wese kandi buri kwezi n’ibindi bibafasha kuzuza  neza inshingano uko bikwiye

Abanyapolitiki Bakuru b’Igihugu bahabwa imishahara n’ibindi bagenerwa hashingiwe ku nzego z’imirimo n’imyanya y’imirimo barimo.

Umushahara mbumbe ugenerwa buri munyapolitiki mukuru uvugwa muri iri teka wiyongeraho icumi ku ijana (10%) byawo nyuma ya buri myaka itatu (3).

Iteka rya perezida rigena ingano y’imishahara n’ibindi bigenerwa abanyapolitiki bakuru b’igihugu cy’ u Rwanda

Jul 5, 2025 - 12:17
Jul 5, 2025 - 13:24
 0
Iteka rya perezida rigena ingano y’imishahara n’ibindi bigenerwa abanyapolitiki bakuru b’igihugu cy’ u Rwanda

Perezida wa repubulika n’abanyapolitiki bakuru bagenerwa imishahara iteganywa n’iteka rya perezida n°004/01 ryo ku wa 16/02/2017 rigena ingano y’imishahara n’ibindi bigenerwa abanyapolitiki bakuru b’igihugu n’uburyo bitangwa


 

Abanyapolitiki bakuru b’Igihugu barebwa n’iri teka barimo perezida wa repubulika, perezida wa sena, perezida w’umutwe w’abadepite, minisitiri w’intebe, ba visi perezida ba sena, ba visi perezida b’umutwe w’abadepite, abaminisitiri, abanyamabanga ba leta, abandi bagize guverinoma bashobora gushyirwaho na perezida wa repubulika, abaguverineri b’intara, umuyobozi w’umujyi wa Kigali, abasenateri n’abadepite.

Ibigenerwa Perezida wa Repubulika

Ingingo ya 4 ivuga ko Perezida wa Repubulika agenerwa umushahara mbumbe ungana n’amafaranga y’u Rwanda miliyoni esheshatu n’ibihumbi ijana na bibiri na magana arandwi na mirongo itanu n’atandatu (6.102.756 Frw) buri kwezi nibindi birimo inzu yo kubamo ifite ibyangombwa byose, imodoka eshanu (5) z’akazi za buri gihe n’ibyangombwa byazo byose byishyurwa na Leta, amafaranga yo kwakira abashyitsi mu rwego rw’akazi yose yishyurwa na Leta, uburyo bw’itumanaho rigezweho, rigizwe na telefoni itagendanwa, telefoni igendanwa, fagisi, interineti itagendanwa na interineti igendanwa, telefoni satelite, anteni parabolike n’irindi tumanaho ryose rya ngombwa mu biro, mu rugo n’ahandi hose bigaragaye ko ari ngombwa rimufasha kuzuza inshingano ze, byose byishyurwa na Leta, amafaranga akoreshwa mu rugo angana na miliyoni esheshatu n’ibihumbi magana atanu y’u Rwanda (6.500.000 Frw) buri kwezi, amazi n’amashanyarazi byishyurwa na Leta, uburinzi buhoraho haba ku kazi, mu rugo ndetse n’ahandi hose.

Perezida wa Sena, Perezida w’Umutwe w’Abadepite na Minisitiri w’Intebe

Perezida wa Sena, Perezida w’Umutwe w’Abadepite na Minisitiri w’Intebe bagenerwa buri wese umushahara mbumbe w’umurimo ungana n’amafaranga y’u Rwanda miliyoni enye n’ibihumbi magana atatu na mirongo ine na bitandatu n’ijana na mirongo itanu n’atandatu (4.346.156 Frw) buri kwezi. n’ibindi bibafasha kuzuza neza  inshingano uko bikwiye

Ba Visi-Perezida ba Sena, aba Visi-Perezida b’Umutwe w’Abadepite, Abaminisitiri, abandi bagize Guverinoma bashobora gushyirwaho na Perezida wa Repubulika n’Abanyamabanga ba Leta

Ingingo ya 6 y’iri teka iteganya ko Ba Visi-Perezida ba Sena, ba Visi- Perezida b’Umutwe w’Abadepite, Abaminisitiri n’abandi bagize Guverinoma bashobora gushyirwaho na Perezida wa Repubulika bagenerwa buri wese umushahara mbumbe buri kwezi ungana n’amafaranga y’u Rwanda miliyoni ebyiri n’ibihumbi magana atanu mirongo itatu na bine na magana inani na mirongo itandatu na rimwe (2.534.861 Frw) n’ibindi bibafasha kuzuza neza inshingano uko bikwiye

Abanyamabanga ba Leta bagenerwa buri wese umushahara mbumbe buri kwezi ungana n’amafaranga y’u Rwanda miliyoni ebyiri n’ibihumbi magana ane na mirongo itatu na bine na magana atandatu na cumi n’atatu (2.434.613 Frw) n’ibindi bibafasha kuzuza neza inshingano uko bikwiye

Abaguverineri b’Intara n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali

Abaguverineri b’Intara n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali bagenerwa buri wese umushahara mbumbe w’umurimo buri kwezi ungana n’amafaranga y’u Rwanda miliyoni ebyiri n’ibihumbi magana ane na mirongo itatu na bine na magana atandatu na cumi n’atatu (2.434. 613 Frw) n’ibindi bibafasha kuzuza neza  inshingano uko bikwiye

Abasenateri n’Abadepite

Abasenateri bagenerwa buri wese umushahara mbumbe w’umurimo ungana n’amafaranga y’u Rwanda miliyoni imwe n’ibihumbi magana inani na mirongo ine na birindwi na magana atandatu n’icyenda (1.847.609 Frw) buri kwezi n’ibindi bibafasha kuzuza inshingano uko bikwiye

Abadepite bagenerwa buri wese umushahara mbumbe w’umurimo ungana n’amafaranga y’u Rwanda miliyoni imwe n’ibihumbi magana arindwi na mirongo irindwi na bine na magana atanu na mirongo ine (1.774.540 Frw) buri kwezi.

Abaperezida ba Komisiyo muri Sena no mu Mutwe w’Abadepite, buri kwezi bongererwa buri wese ku mushahara mbumbe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi mirongo itatu na bitanu (35.000 Frw) naho aba Visi-Perezida b’izo Komisiyo bakongererwa ibihumbi mirongo itatu (30.000 Frw) buri wese kandi buri kwezi n’ibindi bibafasha kuzuza  neza inshingano uko bikwiye

Abanyapolitiki Bakuru b’Igihugu bahabwa imishahara n’ibindi bagenerwa hashingiwe ku nzego z’imirimo n’imyanya y’imirimo barimo.

Umushahara mbumbe ugenerwa buri munyapolitiki mukuru uvugwa muri iri teka wiyongeraho icumi ku ijana (10%) byawo nyuma ya buri myaka itatu (3).