Al Hilal Omdurman yizeye abafana batagira ingano ku mukino yakiramo Mamelodie Sundowns
Ikipe ya Al Hilal Omdurman yiteguye abafana benshi baje kubashyigikira ku mukino irakina na Mamelodie Sundowns.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Mutaraa 2026, nibwo ikipe ya Mamelodie Sundowns irakina na Al Hilal Omdurman mu mukino w’umunsi wa kane w’amatsinda ya CAF Champions League.
Ni umukino uraza kuba utoroshye ukurikije ibitangazwa n’amakipe yombi kuko ku wa kane tariki 29 Mutarama 2026, Laurentiu Reghecampf utoza Al Hilal SC yatangaje ko hano mu Rwanda bamaze kuhamenyera ndetse bameze nk’abari mu rugo ariko kandi biteguye kuza gutsinda uyu mukino.
Ku ruhande rwa Mamelodie Sundowns, umutoza wayo witwa Miguel Cardoso, yatangaje ko biteguye neza ndetse bizeye kuza kwitwara neza kuko baraza gukoresha imbaraga zose bafite.
Ikipe ya Al Hilal SC ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yagaragaje ko yiteguye abafana benshi baraza kubashyigikira muri uyu mukino. Yagize ite “ Dutegereje inkunga yanyu ndetse n’imbaraga muraza kutwongerera.”
Igikomeza uyu mukino ni umukino uheruka izi kipe zakinnye wabaye tariki 23 Mutarama 2026, aho zanganyije ibitego 2-2 ikipe ya AL Hilal SC ikabona ikarita y’umutuku yahawe Emmanuel Flomo.
Ikindi gikomeje uyu mukino ni urutonde izi kipe zirimo mu itsinda C aho ikipe zombi zirimo kunganya amanota 5 kuri 5 zigatandukanwa n’ibitego gusa. Mamelodie Sundowns niyo iyoboye kuko izigamye ibitego 2 naho Al Hilal yo ikaba izigamye igitego 1 gusa.
Uyu mukino uteganyijwe kuba kuri uyu wa Gatanu urabera kuri Sitade Amahoro guhera Saa tatu z’ijoro.


Kinyarwanda
English
Swahili









