issa
Al Hilal Omdurman yatsindiye Mamelodie Sundowns hano i Kigali

Al Hilal Omdurman yatsindiye Mamelodie Sundowns hano i Kigali

Jan 31, 2026 - 09:44
 0

Al Hilal Omdurman yatsinze Mamelodie Sundowns ibitego 2-1 mu mukino wabereye muri Sitade Amahoro.


Kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Mutarama 2026, nibwo ikipe ya Mamelodie Sundowns yakinnye na Al Hilal Omdurman mu mukino w’umunsi wa kane w’amatsinda ya CAF Champions League.

Ni umukino wari ukomeye kurikije ibyari byatangajwe n’amakipe yombi kuko ku wa kane tariki 29 Mutarama 2026, Laurentiu Reghecampf utoza Al Hilal SC yari yatangaje ko hano mu Rwanda bamaze kuhamenyera ndetse bameze nk’abari mu rugo ariko kandi biteguye kuza gutsinda uyu mukino.

Ku ruhande rwa Mamelodie Sundowns, umutoza wayo witwa Miguel Cardoso, yatangaje ko biteguye neza ndetse bizeye kuza kwitwara neza kuko baraza gukoresha imbaraga zose bafite.

Umukino waje kuba utangirana imbaraga nyinshi ku mpande zombi ariko ikipe ya Al Hilal Omdurman yari iri mu rugo wabonaga irimo kugerageza kubona amahirwe wavuga ko akomeye kurusha Mamelodie Sundowns.

Ku munota wa 48, ikipe ya Al Hilal Omdurman yabonye igitego cya mbere gitsinzwe na Mohamed Yagub Abdelrhman Yousif kuri Penalite nyuma y'ikosa ryari rikorewe Adama Coulibali wari ucenze umuzamu wa Mamelodie akamufata amaguru.

Ku munota wa 49 w'igice cya Kabiri, Girumugisha Jean Claude yaje gutsindira Al Hilal Omdurman igitego cya Kabiri nyuma yo gusunika umupira ari hagati mu kibuga acenga rimwe atera ishoti rikomeye umuzamu wa Mamelodie akananirwa kuwukuramo.

Ku munota wa 61, Mamelodie Sundowns yaje kubona igitego kimwe cyo kwishyura gitsinzwe na Arthur Sales wafashe umupira ari ku murongo w'urubuga rw'umuzamu wa Al Hilal Omdurman ariko ba myugariro kugira icyo bakora biranga kugeza uyu musore ateye ishoti rikomeye.

Umukino waje kurangira ikipe ya Al Hilal Omdurman itahanye amanota atatu bikomeza kuyihereza amahirwe yo gukomeza kwitwara neza mu matsinda ya CAF Champions League kuko kugeza ubu niyo iyoboye itsinda C.

Al Hilal Omdurman nyuma yo gutsinda yahise ifata umwanya wa mbere ku rutonde rw'agateganyo rw'itsinda C aho yahise igira amanota 8, Mamelodie Sundowns yagumanye amanota 5, Saint Eloi Lupopo ifite amanota 4 mu gihe itegereje gukina umukino wayo na USM Alger uri kuri uyu wa Gatandatu.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Al Hilal Omdurman yatsindiye Mamelodie Sundowns hano i Kigali

Jan 31, 2026 - 09:44
 0
Al Hilal Omdurman yatsindiye Mamelodie Sundowns hano i Kigali

Al Hilal Omdurman yatsinze Mamelodie Sundowns ibitego 2-1 mu mukino wabereye muri Sitade Amahoro.


Kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Mutarama 2026, nibwo ikipe ya Mamelodie Sundowns yakinnye na Al Hilal Omdurman mu mukino w’umunsi wa kane w’amatsinda ya CAF Champions League.

Ni umukino wari ukomeye kurikije ibyari byatangajwe n’amakipe yombi kuko ku wa kane tariki 29 Mutarama 2026, Laurentiu Reghecampf utoza Al Hilal SC yari yatangaje ko hano mu Rwanda bamaze kuhamenyera ndetse bameze nk’abari mu rugo ariko kandi biteguye kuza gutsinda uyu mukino.

Ku ruhande rwa Mamelodie Sundowns, umutoza wayo witwa Miguel Cardoso, yatangaje ko biteguye neza ndetse bizeye kuza kwitwara neza kuko baraza gukoresha imbaraga zose bafite.

Umukino waje kuba utangirana imbaraga nyinshi ku mpande zombi ariko ikipe ya Al Hilal Omdurman yari iri mu rugo wabonaga irimo kugerageza kubona amahirwe wavuga ko akomeye kurusha Mamelodie Sundowns.

Ku munota wa 48, ikipe ya Al Hilal Omdurman yabonye igitego cya mbere gitsinzwe na Mohamed Yagub Abdelrhman Yousif kuri Penalite nyuma y'ikosa ryari rikorewe Adama Coulibali wari ucenze umuzamu wa Mamelodie akamufata amaguru.

Ku munota wa 49 w'igice cya Kabiri, Girumugisha Jean Claude yaje gutsindira Al Hilal Omdurman igitego cya Kabiri nyuma yo gusunika umupira ari hagati mu kibuga acenga rimwe atera ishoti rikomeye umuzamu wa Mamelodie akananirwa kuwukuramo.

Ku munota wa 61, Mamelodie Sundowns yaje kubona igitego kimwe cyo kwishyura gitsinzwe na Arthur Sales wafashe umupira ari ku murongo w'urubuga rw'umuzamu wa Al Hilal Omdurman ariko ba myugariro kugira icyo bakora biranga kugeza uyu musore ateye ishoti rikomeye.

Umukino waje kurangira ikipe ya Al Hilal Omdurman itahanye amanota atatu bikomeza kuyihereza amahirwe yo gukomeza kwitwara neza mu matsinda ya CAF Champions League kuko kugeza ubu niyo iyoboye itsinda C.

Al Hilal Omdurman nyuma yo gutsinda yahise ifata umwanya wa mbere ku rutonde rw'agateganyo rw'itsinda C aho yahise igira amanota 8, Mamelodie Sundowns yagumanye amanota 5, Saint Eloi Lupopo ifite amanota 4 mu gihe itegereje gukina umukino wayo na USM Alger uri kuri uyu wa Gatandatu.