issa
APR FC na Rayon Sports zahawe abasifuzi bakomeye

APR FC na Rayon Sports zahawe abasifuzi bakomeye

May 24, 2025 - 12:55
 0

Ikipe zihanganiye igikombe cya Shampiyona hano mu Rwanda, APR FC na Rayon Sports, zihawe abasifuzi bakomeye.


Kuri uyu wa gatandatu tariki 24 Gicurasi 2025, ikipe zirimo APR FC na Rayon Sports zirakina imikino y'umunsi wa 29 wa shampiyona y'u Rwanda.

Ni imikino itoroshye aho ikipe ya APR FC yerekeje mu karere ka Ngoma aho iraza gukina na Muhazi United irwana no kuzampanuka ariko Kandi na Rayon Sports iraza kuba ikina na Vision FC yamaze kumpanuka mu cyiciro cya Kabiri.

Ikipe ya APR FC na Rayon Sports zose zahawe abasifuzi mpuzamahanga barimo Rulisa Patient ndetse na Ishimwe Jean Claude nk'abasifuzi bo hagati.

Umukino urahuza APR FC na Muhazi United uraza gusifurwa na Ishimwe Jean Claude uzwi nka Cucuri nk'umusifuzi wo hagati. Ishimwe Didier ndetse na Ndayisaba Sadi baraba ari abasifuzi bo ku ruhande. Ahad Gad araba ari umusifuzi wa 4 ndetse na Kayijuka Gaspard uraba ari Komiseri.

Umukino urahuza ikipe ya Rayon Sports na Vision FC wahawe Rulisa Patient nk'umusifuzi wo hagati. Abarimo Mutesi Alice na Jabo Arstote baraba ari abasifuzi bo ku ruhande. Nshimiyumuremyi Ardallah araba ari umusifuzi wa 4 naho Sekamana Ardoulkhalio uraba ari Komiseri.

Ikipe ya APR FC iri ku mwanya wa mbere n'amanota 61 naho ikipe ya Rayon Sports iri ku mwanya wa 2 n'amanota 59.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

APR FC na Rayon Sports zahawe abasifuzi bakomeye

May 24, 2025 - 12:55
 0
APR FC na Rayon Sports zahawe abasifuzi bakomeye

Ikipe zihanganiye igikombe cya Shampiyona hano mu Rwanda, APR FC na Rayon Sports, zihawe abasifuzi bakomeye.


Kuri uyu wa gatandatu tariki 24 Gicurasi 2025, ikipe zirimo APR FC na Rayon Sports zirakina imikino y'umunsi wa 29 wa shampiyona y'u Rwanda.

Ni imikino itoroshye aho ikipe ya APR FC yerekeje mu karere ka Ngoma aho iraza gukina na Muhazi United irwana no kuzampanuka ariko Kandi na Rayon Sports iraza kuba ikina na Vision FC yamaze kumpanuka mu cyiciro cya Kabiri.

Ikipe ya APR FC na Rayon Sports zose zahawe abasifuzi mpuzamahanga barimo Rulisa Patient ndetse na Ishimwe Jean Claude nk'abasifuzi bo hagati.

Umukino urahuza APR FC na Muhazi United uraza gusifurwa na Ishimwe Jean Claude uzwi nka Cucuri nk'umusifuzi wo hagati. Ishimwe Didier ndetse na Ndayisaba Sadi baraba ari abasifuzi bo ku ruhande. Ahad Gad araba ari umusifuzi wa 4 ndetse na Kayijuka Gaspard uraba ari Komiseri.

Umukino urahuza ikipe ya Rayon Sports na Vision FC wahawe Rulisa Patient nk'umusifuzi wo hagati. Abarimo Mutesi Alice na Jabo Arstote baraba ari abasifuzi bo ku ruhande. Nshimiyumuremyi Ardallah araba ari umusifuzi wa 4 naho Sekamana Ardoulkhalio uraba ari Komiseri.

Ikipe ya APR FC iri ku mwanya wa mbere n'amanota 61 naho ikipe ya Rayon Sports iri ku mwanya wa 2 n'amanota 59.