issa

Al Hilal Omdurman yageze mu Rwanda imwenyura (AMASHUSHO)

Oct 31, 2025 - 07:53
 0

Ikipe ya Al Hilal Omdurman yo muri Sudani, yageze mu Rwanda gutangira kwitegura gukina Shampiyona y'u Rwanda.


Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Ukwakira 2025, nibwo Al Hilal Omdurman yo muri Sudani yageze hano mu Rwanda aho ije gutangira imyiteguro yo gukina Shampiyona y'u Rwanda.

Ku wa Kane mu gitondo tariki 30 Ukwakira 2025, nibwo iyi kipe yahagurutse Benina International airport muri Libya, bivuze ko yakoze urugendo rw'amasaha arenga 20 mu ndege iza hano mu Rwanda.

Ikipe ya Al Hilal Omdurman ku itariki 17 Ukwakira 2025, nibwo yasabye gukina Shampiyona y'u Rwanda iremererwa ndetse yuzuza n'ibisabwa byose ishyirahamwe ry'umupira w'amagaru hano mu Rwanda, FERWAFA, yifuzaga ko iba yujuje. Muri ibi harimo Sitade izakiniraho ndetse hari n'amafaranga yagombaga gutanga yo gufasha amakipe ari muri shampiyona kubera ko imikino izaba yiyongereye.

Ntabwo ari Al Hilal Omdurman yasabye gusa, ahubwo na Al Merriekh SC itegerejwe hano mu Rwanda mu mpera z'iki cyumweru ije gutangira imyiteguro ya Shampiyona. Indi kipe yari yemerewe ni Al Ahli Wad Medani iheruka gutangaza ko yikuye muri shampiyona kubera impamvu zayo bwite.

Shampiyona y'u Rwanda igeze ku mukino w'umunsi wa Gatandatu aho watangiye gukinwa ku wa Kane tariki 30 Ukwakira 2025, Gasogi United itsinda AS Muhanga igitego 1-0. Biteganyijwe ko aya makipe yo muri Sudani aratangirana Shampiyona y'u Rwanda n'umunsi wa Karindwi.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Al Hilal Omdurman yageze mu Rwanda imwenyura (AMASHUSHO)

Oct 31, 2025 - 07:53
 0

Ikipe ya Al Hilal Omdurman yo muri Sudani, yageze mu Rwanda gutangira kwitegura gukina Shampiyona y'u Rwanda.


Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Ukwakira 2025, nibwo Al Hilal Omdurman yo muri Sudani yageze hano mu Rwanda aho ije gutangira imyiteguro yo gukina Shampiyona y'u Rwanda.

Ku wa Kane mu gitondo tariki 30 Ukwakira 2025, nibwo iyi kipe yahagurutse Benina International airport muri Libya, bivuze ko yakoze urugendo rw'amasaha arenga 20 mu ndege iza hano mu Rwanda.

Ikipe ya Al Hilal Omdurman ku itariki 17 Ukwakira 2025, nibwo yasabye gukina Shampiyona y'u Rwanda iremererwa ndetse yuzuza n'ibisabwa byose ishyirahamwe ry'umupira w'amagaru hano mu Rwanda, FERWAFA, yifuzaga ko iba yujuje. Muri ibi harimo Sitade izakiniraho ndetse hari n'amafaranga yagombaga gutanga yo gufasha amakipe ari muri shampiyona kubera ko imikino izaba yiyongereye.

Ntabwo ari Al Hilal Omdurman yasabye gusa, ahubwo na Al Merriekh SC itegerejwe hano mu Rwanda mu mpera z'iki cyumweru ije gutangira imyiteguro ya Shampiyona. Indi kipe yari yemerewe ni Al Ahli Wad Medani iheruka gutangaza ko yikuye muri shampiyona kubera impamvu zayo bwite.

Shampiyona y'u Rwanda igeze ku mukino w'umunsi wa Gatandatu aho watangiye gukinwa ku wa Kane tariki 30 Ukwakira 2025, Gasogi United itsinda AS Muhanga igitego 1-0. Biteganyijwe ko aya makipe yo muri Sudani aratangirana Shampiyona y'u Rwanda n'umunsi wa Karindwi.