issa
AFC/M23 yikomye Radio Okapi ibogama ku makuru itangaza

AFC/M23 yikomye Radio Okapi ibogama ku makuru itangaza

Jul 28, 2025 - 14:22
 0

Ihuriro rya AFC/M23 rirasaba Radio Okapi, kugendera ku mahame y’itangazamakuru aboneye no guhabwa umwanya wo kuvuga ukuri.


Mu itangazo ryashyizwe ku rubuga rwa X ku wa 28 Nyakanga 2025, umuvugizi wa AFC/M23, Laurence Kanyuka, yavuze ko uburyo Radio Okapi itangaza amakuru buhungabanya amahame y’itangazamakuru.

Yagize ati " Radio Okapi ntiyihishira mu guha ijambo umuntu cyangwa umuryango uwo ari wo wose utanga amagambo asebya umuryango wacu, nta n'igitutu cy'uko yagenzura ukuri kw’ayo makuru ngo ishyire ahagaragara ukuri. Ubu buryo bwo gutangaza amakuru atureba bigira ingaruka mbi ku ihuriro ryacu.

Inzira zose twagerageje zo kuvugana n’abayobozi b’iyi radiyo zananiranye, Umutwe wacu turasabwa gufata ingamba zikwiye kugira ngo turangize ubu bucengezamatwara budafite ishingiro buherekejwe no guhonyora uburenganzira bwa rubanda bukorwa n’iyi radiyo yitirirwa ko ari iy’Umuryango w’Abibumbye.”

Kurundi ruhande inkuru Radio Okapi iherutse gutangaza ku mujyi wa Goma ugezwurwa na AFC/M23 ivuga ko abantu 10 bishwe muri kiriya gihe, Kandi ngo habaye ubujura mu ngo 65 bukorwa na bantu bitwaje intwaro, kuva 3 kugeza 25 Nyakanga 2025, mu mujyi wa Goma no muri Komine ya Karisimbi, mu bice bigenzurwa na AFC/M23.

Iyo radiyo, inavuga ko AFC/M23 yakomeje guta muri yombi urubyiruko nta mpamvu no gushiraho imisoro y'umurengera mu makuru ivuga ko yakeshaga Goma Hebdo Plus Radio.

Kanyuka umuvugizi wa AFC/M23 ashinja Radio Okapi gukwirakwiza amakuru arimo icengezamatwara ryo kwangisha abantu AFC/M23 ariko yo nti yemererwe kugira icyo itangaza kuri ayo makuru.

Umuvugizi wa AFC/M23 Kanyuka Kandi yamaganye byimazeyo iyica rubozo ry'abarwanyi ba AFC/M23 47 ryakozwe n’imitwe yitwaje intwaro ya ADF/NALU kuwa 27 Nyakanga 2025 mu rusengero rwo muri Komanda, mu karere ka Irumu, Intara ya Ituri.

AFC/M23 imaze igihe igenzura imijyi ya Goma na Bukavu kuva mu ntangiriro za 2025 kugeza ubu.

AFC/M23 yikomye Radio Okapi ibogama ku makuru itangaza

Jul 28, 2025 - 14:22
Jul 28, 2025 - 14:24
 0
AFC/M23 yikomye Radio Okapi ibogama ku makuru itangaza

Ihuriro rya AFC/M23 rirasaba Radio Okapi, kugendera ku mahame y’itangazamakuru aboneye no guhabwa umwanya wo kuvuga ukuri.


Mu itangazo ryashyizwe ku rubuga rwa X ku wa 28 Nyakanga 2025, umuvugizi wa AFC/M23, Laurence Kanyuka, yavuze ko uburyo Radio Okapi itangaza amakuru buhungabanya amahame y’itangazamakuru.

Yagize ati " Radio Okapi ntiyihishira mu guha ijambo umuntu cyangwa umuryango uwo ari wo wose utanga amagambo asebya umuryango wacu, nta n'igitutu cy'uko yagenzura ukuri kw’ayo makuru ngo ishyire ahagaragara ukuri. Ubu buryo bwo gutangaza amakuru atureba bigira ingaruka mbi ku ihuriro ryacu.

Inzira zose twagerageje zo kuvugana n’abayobozi b’iyi radiyo zananiranye, Umutwe wacu turasabwa gufata ingamba zikwiye kugira ngo turangize ubu bucengezamatwara budafite ishingiro buherekejwe no guhonyora uburenganzira bwa rubanda bukorwa n’iyi radiyo yitirirwa ko ari iy’Umuryango w’Abibumbye.”

Kurundi ruhande inkuru Radio Okapi iherutse gutangaza ku mujyi wa Goma ugezwurwa na AFC/M23 ivuga ko abantu 10 bishwe muri kiriya gihe, Kandi ngo habaye ubujura mu ngo 65 bukorwa na bantu bitwaje intwaro, kuva 3 kugeza 25 Nyakanga 2025, mu mujyi wa Goma no muri Komine ya Karisimbi, mu bice bigenzurwa na AFC/M23.

Iyo radiyo, inavuga ko AFC/M23 yakomeje guta muri yombi urubyiruko nta mpamvu no gushiraho imisoro y'umurengera mu makuru ivuga ko yakeshaga Goma Hebdo Plus Radio.

Kanyuka umuvugizi wa AFC/M23 ashinja Radio Okapi gukwirakwiza amakuru arimo icengezamatwara ryo kwangisha abantu AFC/M23 ariko yo nti yemererwe kugira icyo itangaza kuri ayo makuru.

Umuvugizi wa AFC/M23 Kanyuka Kandi yamaganye byimazeyo iyica rubozo ry'abarwanyi ba AFC/M23 47 ryakozwe n’imitwe yitwaje intwaro ya ADF/NALU kuwa 27 Nyakanga 2025 mu rusengero rwo muri Komanda, mu karere ka Irumu, Intara ya Ituri.

AFC/M23 imaze igihe igenzura imijyi ya Goma na Bukavu kuva mu ntangiriro za 2025 kugeza ubu.