issa
AC Milan irifuza Rasmus Hojlund wa Manchester United nk'intizanyo

AC Milan irifuza Rasmus Hojlund wa Manchester United nk'intizanyo

Aug 10, 2025 - 14:19
 0

AC Milan yatangiye inzira yo gutira umukinnyi Rasmus Hojlund wa Manchester United mu gihe kingana n'umwaka ku kayabo ka miliyoni 4 z’amapawundi, nyuma y’uko uyu rutahizamu w’Umudage atagikoreshwa cyane na Manchester United.


Ruben Amorim yashyize Hojlund ku ntebe y’abasimbura mu mukino wa nyuma wa gicuti wo kwitegura umwaka mushya bakinnye na Fiorentina i Old Trafford.

Ibi byabaye ikimenyetso cyeruye ko Amorim atamufite mu migambi ye, byiyongera ku kuba rutahizamu mushya Benjamin Sesko waguzwe miliyoni 73.7 z’amapawundi yarerekanwe imbere y’abafana mbere y’umukino, nyuma yo gusinya avuye muri RB Leipzig mu cyumweru gishize.

Manchester United yiteguye kugurisha Hojlund ku giciro gito cya miliyoni 30 z’amapawundi, ariko amakuru ya Daily Mail Sport avuga ko AC Milan ishaka kumutira mu mwaka wa 2025-26.

Iyi kipe yo mu Butaliyani yatangaje ko yiteguye gutanga miliyoni 4 z’amapawundi nk’amafaranga yo kumutira, ikongeraho amahirwe yo kumugura ku giciro cya miliyoni 39 z’amapawundi naramuka yitwaye neza mu Butaliyani, aho United yamukuye mu 2023.

Hojlund aracyifuza kuguma muri United agahatanira umwanya we, ariko kudakoreshwa mu mukino wo ku wa Gatandatu byari ikimenyetso gikomeye ko atari mu migambi ya Amorim.

Uyu munya-Denmark yasizwe hanze mu gihe hagati mu kibuga hashyizwe Mason Mount nk’utagira numero 9 isanzwe (false nine).

Nyuma y’umukino United yatsinzemo kuri penaliti, Amorim yavuze ati: “Hari aho twagowe kubera kubura rutahizamu nyakuri... ubu dufite rutahizamu mushya.”

Hojlund ubu agomba gufata icyemezo, cyane ko United itazakina amarushanwa y’i Burayi kandi ifite umukino umwe gusa mu cyumweru, bikaba bishobora kumusigira iminota mike yo gukina cyangwa ntayibone.

Hojlund yavuze ati: “Icyo ntekereza ni ukuguma hano no kurwanira umwanya wanjye, ibyo byose nibyo bizaba.”

Yakomeje ati “Guhangana n’abandi ni byiza kuri njye, binyongerera imbaraga,”

“Niteguye bihagije. Niyumva neza kandi niteguye guhangana n’ibyaza byose".

Hojlund avuga ko "Ndacyari muto cyane, abantu rimwe na rimwe babyibagirwa, mfite imyaka 22 gusa. Si buri rutahizamu utsinda ibitego 100 afite imyaka 22. Ariko nize byinshi kandi nabigaragaje mu mikinire yanjye.”

Hojlund, umaze gutsindira United ibitego 26 mu mikino 95 kuva yahagera avuye muri Atalanta mu mpeshyi ya 2023, yamaze iki gihe cyose cy’impeshyi areba ikipe ye ishakisha rutahizamu mushya uzayobora ubusatirizi.

AC Milan irifuza Rasmus Hojlund wa Manchester United nk'intizanyo

Aug 10, 2025 - 14:19
 0
AC Milan irifuza Rasmus Hojlund wa Manchester United nk'intizanyo

AC Milan yatangiye inzira yo gutira umukinnyi Rasmus Hojlund wa Manchester United mu gihe kingana n'umwaka ku kayabo ka miliyoni 4 z’amapawundi, nyuma y’uko uyu rutahizamu w’Umudage atagikoreshwa cyane na Manchester United.


Ruben Amorim yashyize Hojlund ku ntebe y’abasimbura mu mukino wa nyuma wa gicuti wo kwitegura umwaka mushya bakinnye na Fiorentina i Old Trafford.

Ibi byabaye ikimenyetso cyeruye ko Amorim atamufite mu migambi ye, byiyongera ku kuba rutahizamu mushya Benjamin Sesko waguzwe miliyoni 73.7 z’amapawundi yarerekanwe imbere y’abafana mbere y’umukino, nyuma yo gusinya avuye muri RB Leipzig mu cyumweru gishize.

Manchester United yiteguye kugurisha Hojlund ku giciro gito cya miliyoni 30 z’amapawundi, ariko amakuru ya Daily Mail Sport avuga ko AC Milan ishaka kumutira mu mwaka wa 2025-26.

Iyi kipe yo mu Butaliyani yatangaje ko yiteguye gutanga miliyoni 4 z’amapawundi nk’amafaranga yo kumutira, ikongeraho amahirwe yo kumugura ku giciro cya miliyoni 39 z’amapawundi naramuka yitwaye neza mu Butaliyani, aho United yamukuye mu 2023.

Hojlund aracyifuza kuguma muri United agahatanira umwanya we, ariko kudakoreshwa mu mukino wo ku wa Gatandatu byari ikimenyetso gikomeye ko atari mu migambi ya Amorim.

Uyu munya-Denmark yasizwe hanze mu gihe hagati mu kibuga hashyizwe Mason Mount nk’utagira numero 9 isanzwe (false nine).

Nyuma y’umukino United yatsinzemo kuri penaliti, Amorim yavuze ati: “Hari aho twagowe kubera kubura rutahizamu nyakuri... ubu dufite rutahizamu mushya.”

Hojlund ubu agomba gufata icyemezo, cyane ko United itazakina amarushanwa y’i Burayi kandi ifite umukino umwe gusa mu cyumweru, bikaba bishobora kumusigira iminota mike yo gukina cyangwa ntayibone.

Hojlund yavuze ati: “Icyo ntekereza ni ukuguma hano no kurwanira umwanya wanjye, ibyo byose nibyo bizaba.”

Yakomeje ati “Guhangana n’abandi ni byiza kuri njye, binyongerera imbaraga,”

“Niteguye bihagije. Niyumva neza kandi niteguye guhangana n’ibyaza byose".

Hojlund avuga ko "Ndacyari muto cyane, abantu rimwe na rimwe babyibagirwa, mfite imyaka 22 gusa. Si buri rutahizamu utsinda ibitego 100 afite imyaka 22. Ariko nize byinshi kandi nabigaragaje mu mikinire yanjye.”

Hojlund, umaze gutsindira United ibitego 26 mu mikino 95 kuva yahagera avuye muri Atalanta mu mpeshyi ya 2023, yamaze iki gihe cyose cy’impeshyi areba ikipe ye ishakisha rutahizamu mushya uzayobora ubusatirizi.