Abanya-Kenya baharanira uburenganzira bwa muntu bari bafungiwe muri Uganda barekuwe nyuma y’ibiganiro
Abaharanira uburenganzira bwa muntu babiri bo muri Kenya bari baraburiwe irengero muri Uganda barekuwe, basubizwa mu gihugu cyabo nyuma y’ibiganiro by’ubutwererane hagati ya Kenya na Uganda, nk’uko byemejwe n’abategetsi ku wa Gatandatu.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga wa Kenya, Korir Sing’Oei, ni we watangaje ko abo baharanira uburenganzira bwa muntu, Bob Njagi na Nicholas Oyoo, barekuwe nyuma y’ibiganiro byamaze igihe kirekire hagati y’impande zombi.
Sing’Oei yanditse ku rubuga rwa X ati “Bob Njagi na Nicholas Oyoo baridegembya kandi bari ku butaka bwa Kenya.”
Irekurwa ry’aba baharanira uburenganzira bwa muntu ryakurikiye impungenge zari zimaze iminsi zigaragazwa n’imiryango yabo, abaharanira uburenganzira bwa muntu ndetse n’abanyapolitiki bo muri Kenya, bavugaga ko bashobora kuba bafunzwe mu buryo butemewe n’amategeko.
Abari hafi y’aba bantu bavuze ko bari baragiye muri Uganda mu bikorwa by’ubushakashatsi bijyanye n’uburenganzira bwa muntu, ariko bakaza kuburirwa irengero mu buryo butunguranye, bigatera impungenge nyinshi.
Guverinoma ya Kenya yashimiye iya Uganda ku bufatanye bugaragaza ubushake bwo gukemura ikibazo mu buryo bwa kidipolomasi, ndetse ishimangira ko izakomeza kurengera abaturage bayo aho bari hose ku isi.
Iyi si inshuro ya mbere habaye ibibazo by’abanyakenya batabwa muri yombi cyangwa baburirwa irengero muri Uganda, ibintu abasesenguzi bavuga ko bigaragaza akamaro ko kongera imikoranire hagati y’ibihugu byombi mu rwego rw’umutekano n’uburenganzira bwa muntu.
Ku rundi ruhande, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu muri Kenya yasabye ko habaho iperereza ryimbitse ku byabaye, kugira ngo hamenyekane icyateye ifatwa ryabo n’uko byagenze kugeza barekuwe.
Aba bantu bombi ubu bari mu gihugu cyabo aho biteganyijwe ko bazasobanurira inzego zibishinzwe ibyabaye byose mu rwego rwo gufasha mu iperereza.


Kinyarwanda
English
Swahili









