issa
Abafana ba APR FC banyuzwe n’umutoza nubwo yatsinzwe (AMASHUSHO)

Abafana ba APR FC banyuzwe n’umutoza nubwo yatsinzwe (AMASHUSHO)

Aug 20, 2025 - 10:44
 0

Abakunzi ba APR FC bakomeje kunyurwa n’umutoza wabo Abderrahim Talib, nubwo yatsinzwe na AS Kigali.


Ku wa kabiri tariki 19 Kanama 2025, ikipe y’ingabo z’Igihugu, APR FC, yakinnye umukino mu nkera y’Abahizi na AS Kigali, urangira APR FC ibuze amanota 3 nyuma yo gutsindirwa kuri Penalite 5-4. Uyu mukino mu minota 90, warangiye ikipe zinganyije igitego 1-1.

Nyuma y’umukino abakunzi ba APR FC bababajwe no gutsindwa na AS Kigali ariko bemeza ko umupira ikipe yabo irimo gukina banyuzwe nawo.

Aba bafana kandi babwiye UKWELITIMES ko bishimiye umutoza Abderrahim Talib, babona urimo guhindura cyane ikipe yabo.

Umwe yagize ati “ Uyu mutoza mushyireho akadomo, uyu twaremeye. Nta mutoza banganya hano mu Rwanda. Umufana wabaza wese, yakubwira ko twemeye. Umutoza utera umupira umeze gutya, hari aho wamubonye. Uyu si Darco, Thiery Froger, Mashami, uyu si Adil. Pyramid FC tuzayitsinda 3-0 mu Amahoro.”

APR FC irakomeza gukina Inkera y’Abahizi kuri uyu wa kane tariki 21 Kanama 2025. Ni umukino izakina na Police FC Saa Moya z’ijoro. Kuri uyu munsi kandi AS Kigali izatana mu mitwe na Azam FC saa kumi z’umugoroba. 

Abafana bari benshi kuri Kigali Pele Stadium 

APR FC yatsinzwe na AS Kigali kuri Penalite 5-4.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Abafana ba APR FC banyuzwe n’umutoza nubwo yatsinzwe (AMASHUSHO)

Aug 20, 2025 - 10:44
Aug 20, 2025 - 10:58
 0
Abafana ba APR FC banyuzwe n’umutoza nubwo yatsinzwe (AMASHUSHO)

Abakunzi ba APR FC bakomeje kunyurwa n’umutoza wabo Abderrahim Talib, nubwo yatsinzwe na AS Kigali.


Ku wa kabiri tariki 19 Kanama 2025, ikipe y’ingabo z’Igihugu, APR FC, yakinnye umukino mu nkera y’Abahizi na AS Kigali, urangira APR FC ibuze amanota 3 nyuma yo gutsindirwa kuri Penalite 5-4. Uyu mukino mu minota 90, warangiye ikipe zinganyije igitego 1-1.

Nyuma y’umukino abakunzi ba APR FC bababajwe no gutsindwa na AS Kigali ariko bemeza ko umupira ikipe yabo irimo gukina banyuzwe nawo.

Aba bafana kandi babwiye UKWELITIMES ko bishimiye umutoza Abderrahim Talib, babona urimo guhindura cyane ikipe yabo.

Umwe yagize ati “ Uyu mutoza mushyireho akadomo, uyu twaremeye. Nta mutoza banganya hano mu Rwanda. Umufana wabaza wese, yakubwira ko twemeye. Umutoza utera umupira umeze gutya, hari aho wamubonye. Uyu si Darco, Thiery Froger, Mashami, uyu si Adil. Pyramid FC tuzayitsinda 3-0 mu Amahoro.”

APR FC irakomeza gukina Inkera y’Abahizi kuri uyu wa kane tariki 21 Kanama 2025. Ni umukino izakina na Police FC Saa Moya z’ijoro. Kuri uyu munsi kandi AS Kigali izatana mu mitwe na Azam FC saa kumi z’umugoroba. 

Abafana bari benshi kuri Kigali Pele Stadium 

APR FC yatsinzwe na AS Kigali kuri Penalite 5-4.