Zimbabwe: Inteko ishinga amategeko igiye kongera manda ya Perezida Mnangagwa
Mu gihugu cya Zimbabwe umwuka mubi wongeye kuvuka hagati ya leta na batavuga rumwe nayo nyuma y'imyanzuro yashyizwe hanze n'ubuyobozi bw'icyo gihugu buvuga ko manda ya Perezida Emmerson Mnangagwa w'icyo gihugu igiye kongerwa kugeza muri 2030.
Byatangajwe ni nteko Ishinga Amategeko ya Zimbabwe ku wa kabiri tariki 10 Gashyantare 2026, ibintu byakomeje kuzamura umwuka mubi ni impaka mu batavuga rumwe na leta y'icyo gihugu bavuga ko ibyo bigomba gushyirwa mu matora y'abaturage aho kwemezwa n'ubuyobozi gusa.
Inteko Ishinga Amategeko ya Zimbabwe mu nama yakoze yanzuye ko igiye kongera manda ya Perezida w'icyo gihugu ikava ku myaka 5 ikagera ku myaka 7 bigatuma Perezida Mnangagwa watowe muri 2023 ayobora icyo gihugu kugeza muri 2030.
Yatangaje ko kandi hagiye gushyirwaho uburyo bushya buzajya bukoreshwa mu gutora Perezida uyobora Zimbabwe bidasabye kwinjiza mu matora ya baturage ndetse no kongera umubare w'abasenateri b'icyo gihugu.
Minisitiri w’Ubutabera n’Inteko Ishinga Amategeko wa Zimbabwe, Ziyambi Ziyambi, yatangaje ko ibyo byemezo nubwo bwemejwe na komite y'inteko Ishinga Amategeko gusa bitegerejwe kwemezwa neza n'umunyamategeko mukuru w'icyo gihugu Virginia Mabhiza.
Abatavuga rumwe n'ubutegetsi bw'icyo gihugu bamaganiye kure icyo gitekerezo cyo kongera imyaka ya Perezida ndetse n'icyo cyuko Perezida wa Zimbabwe yajya atorwa na bo mu nteko Ishinga Amategeko gusa.
Mnangagwa w’imyaka 83, wagiye ku butegetsi mu 2017 nyuma ya coup d'État yateye Robert Mugabe wari umaze imyaka 30 ayobora Zimbabwe, ishyaka rye ubu riri ku butegetsi rikomeje kunengwa kwiharira ubuyobozi no gukandamiza abatavuga rumwe naryo.
Kugeza ubu, bamwe mu banyapolitike batavuga rumwe na leta ya Zimbabwe batangiye kwigaragambya bavuga ko badateze kwemera ko manda y'imyaka ya Perezida w'icyo gihugu yongerwa.


Kinyarwanda
English
Swahili









