issa
Walikale: Imirwano ya M23 n’Ihuriro rya FARDC yakomereje  mu gice cya 'Kampala'

Walikale: Imirwano ya M23 n’Ihuriro rya FARDC yakomereje mu gice cya 'Kampala'

Mar 26, 2025 - 15:07
 0

Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 26 Werurwe 2025, imirwano yakomeje hagati y’ihuriro rya FARDC  ‘Wazalendo-Mai-Mai'  n’abarwanyi ba  M23 mu gace  ka Kampala-Bulambo, hafi  y’isantire (Centre) ya Walikale mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. 


Amakuru aturuka muri ako gace,  avuga ko abarwanyi ba Mai-Mai  bifatanije na Wazalendo, bagabye igitero ku barwanyi ba M23 ahagana mu ma saa tanu za mu gitondo ku isaha yaho mu gace ka Kampala-Bulambo nk’uko Radio Okapi dukesha iyi nkuru yabitangaje.

Iki Kinyamakuru kivuga ko ibitero bya Wazalendo n’abo bafatanyije bikomeje kwiyongera hirya no hino muri ibi bice bya Walikale bityo bigatuma abaturage bakomeza guhunga.

Ni mu giehe ku munsi w'ejo  habaye indi mirwano mu gace ka  Kirundu, nko mu birometero 10 uvuye ku mu isantire ya Walikale.

Iyi mirwano ikomeje kuba mu gihe impande zose  ziherutse gutangaza ko zahagartse imirwano, gusa uruhande rwa M23 rwaje kugaragaza ko FARDC n’abafatanyabikorwa bayo, bakomeje kuyigabaho ibitero ari nayo mpamvu itakuye abasirikare bayo bose muri Centre ya Walikale nk’uko yari yabitangaje,  mu rwego rwo gukomeza kwirinda no kurinda abaturage.

Ku ruhande rwa FARDC, mu mpera z’Icyumweru cyashize, yari yatangaje ko itazongera gushotora no kugaba ibitero kuri aba barwanyi ariko nyuma M23 yagiye ishinja izi ngabo za Leta ko zikomeje kuyigabaho ibitero.

 

 

Walikale: Imirwano ya M23 n’Ihuriro rya FARDC yakomereje mu gice cya 'Kampala'

Mar 26, 2025 - 15:07
 0
Walikale: Imirwano ya M23 n’Ihuriro rya FARDC yakomereje  mu gice cya 'Kampala'

Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 26 Werurwe 2025, imirwano yakomeje hagati y’ihuriro rya FARDC  ‘Wazalendo-Mai-Mai'  n’abarwanyi ba  M23 mu gace  ka Kampala-Bulambo, hafi  y’isantire (Centre) ya Walikale mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. 


Amakuru aturuka muri ako gace,  avuga ko abarwanyi ba Mai-Mai  bifatanije na Wazalendo, bagabye igitero ku barwanyi ba M23 ahagana mu ma saa tanu za mu gitondo ku isaha yaho mu gace ka Kampala-Bulambo nk’uko Radio Okapi dukesha iyi nkuru yabitangaje.

Iki Kinyamakuru kivuga ko ibitero bya Wazalendo n’abo bafatanyije bikomeje kwiyongera hirya no hino muri ibi bice bya Walikale bityo bigatuma abaturage bakomeza guhunga.

Ni mu giehe ku munsi w'ejo  habaye indi mirwano mu gace ka  Kirundu, nko mu birometero 10 uvuye ku mu isantire ya Walikale.

Iyi mirwano ikomeje kuba mu gihe impande zose  ziherutse gutangaza ko zahagartse imirwano, gusa uruhande rwa M23 rwaje kugaragaza ko FARDC n’abafatanyabikorwa bayo, bakomeje kuyigabaho ibitero ari nayo mpamvu itakuye abasirikare bayo bose muri Centre ya Walikale nk’uko yari yabitangaje,  mu rwego rwo gukomeza kwirinda no kurinda abaturage.

Ku ruhande rwa FARDC, mu mpera z’Icyumweru cyashize, yari yatangaje ko itazongera gushotora no kugaba ibitero kuri aba barwanyi ariko nyuma M23 yagiye ishinja izi ngabo za Leta ko zikomeje kuyigabaho ibitero.