Walikale: Imirwano ya M23 n’Ihuriro rya FARDC yakomereje mu gice cya 'Kampala'
Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 26 Werurwe 2025, imirwano yakomeje hagati y’ihuriro rya FARDC ‘Wazalendo-Mai-Mai' n’abarwanyi ba M23 mu gace ka Kampala-Bulambo, hafi y’isantire (Centre) ya Walikale mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Iki Kinyamakuru kivuga ko ibitero bya Wazalendo n’abo bafatanyije bikomeje kwiyongera hirya no hino muri ibi bice bya Walikale bityo bigatuma abaturage bakomeza guhunga.
Ni mu giehe ku munsi w'ejo habaye indi mirwano mu gace ka Kirundu, nko mu birometero 10 uvuye ku mu isantire ya Walikale.
Ku ruhande rwa FARDC, mu mpera z’Icyumweru cyashize, yari yatangaje ko itazongera gushotora no kugaba ibitero kuri aba barwanyi ariko nyuma M23 yagiye ishinja izi ngabo za Leta ko zikomeje kuyigabaho ibitero.


Kinyarwanda
English
Swahili









