Nyamagabe: Meya yasobanuye impamvu aka Karere gakennye kurusha utundi mu Rwanda

Nyamagabe: Meya yasobanuye impamvu aka Karere gakennye kurusha utundi mu Rwanda

Apr 17, 2025 - 17:51
 0

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe Niyomwungeri Hildebrand, asanga kuba muri aka Karere hakiri ikibazo cy’Amazi n’umuriro bitagera kuri bose, ari bimwe mu bibazo byatumye aka Karere kagaragazwa nk’agake kurusha utundi mu gihugu.


Ni nyuma y’Ubushakashatsi bwa 7 ku mibereho y’ingo , EICV7, bwamuritswe ku wa Gatatu taliki ya 16 Mata 2025, bukagaragaza ko Akarere ka Nyamagabe ari ko gakennye kurusha utundi mu Rwanda, ku kigero cya 51,4%, aho gakurikiwe na Gisagara [45,6%] na Rusizi [44,2%].

Meya Niyomungeri aganira n’Igitangazamakuru cy’Igihugu (RBA) kuri uyu wa Kane taliki 17 Mata 2025, yagaragaje  ko kuba akarere ayoboye gakennye kurusha utundi bitatunguranye kuko ibarura ryakozwe n’Akarere mu 2022, ryagaragaje ko ubukene buri ku kigero cya 53%.

 Ati“Imbaraga twakoresheje kuva mu 2023 kugera mu 2024, mu gihe cy’imyaka 2, zagabanuye ikigero cy’ubukene. Ntizagabanuyeho umubare munini, dukeneye kongera imbaraga ariko habanje gukorwa ubusesenguzi.”

Yakomeje avuga ko imyumvire n'ubuke bw'imirimo idashingiye ku buhinzi muri Nyamagabe ari kimwe mu bituma iterambere ryifuzwa ritagerwaho, hakiyongeraho  ikibazo cy’amazi n’amashanyarazi bitagera kuri bose.

Gusa avuga ko hari kurebwa uburyo hakubakwa izindi nganda z’amazi zunganira urwa Gisuma kugirango amazi abashe kugera ku baturiye aka Karere bose.

Ubu bushakashatsi bwamuritswe, bwerekana ko uturere 10 twa mbere tugaragaramo ubukene ari utwo mu Burengerazuba n’Amajyepfo.

 

Nyamagabe: Meya yasobanuye impamvu aka Karere gakennye kurusha utundi mu Rwanda

Apr 17, 2025 - 17:51
 0
Nyamagabe: Meya yasobanuye impamvu aka Karere gakennye kurusha utundi mu Rwanda

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe Niyomwungeri Hildebrand, asanga kuba muri aka Karere hakiri ikibazo cy’Amazi n’umuriro bitagera kuri bose, ari bimwe mu bibazo byatumye aka Karere kagaragazwa nk’agake kurusha utundi mu gihugu.


Ni nyuma y’Ubushakashatsi bwa 7 ku mibereho y’ingo , EICV7, bwamuritswe ku wa Gatatu taliki ya 16 Mata 2025, bukagaragaza ko Akarere ka Nyamagabe ari ko gakennye kurusha utundi mu Rwanda, ku kigero cya 51,4%, aho gakurikiwe na Gisagara [45,6%] na Rusizi [44,2%].

Meya Niyomungeri aganira n’Igitangazamakuru cy’Igihugu (RBA) kuri uyu wa Kane taliki 17 Mata 2025, yagaragaje  ko kuba akarere ayoboye gakennye kurusha utundi bitatunguranye kuko ibarura ryakozwe n’Akarere mu 2022, ryagaragaje ko ubukene buri ku kigero cya 53%.

 Ati“Imbaraga twakoresheje kuva mu 2023 kugera mu 2024, mu gihe cy’imyaka 2, zagabanuye ikigero cy’ubukene. Ntizagabanuyeho umubare munini, dukeneye kongera imbaraga ariko habanje gukorwa ubusesenguzi.”

Yakomeje avuga ko imyumvire n'ubuke bw'imirimo idashingiye ku buhinzi muri Nyamagabe ari kimwe mu bituma iterambere ryifuzwa ritagerwaho, hakiyongeraho  ikibazo cy’amazi n’amashanyarazi bitagera kuri bose.

Gusa avuga ko hari kurebwa uburyo hakubakwa izindi nganda z’amazi zunganira urwa Gisuma kugirango amazi abashe kugera ku baturiye aka Karere bose.

Ubu bushakashatsi bwamuritswe, bwerekana ko uturere 10 twa mbere tugaragaramo ubukene ari utwo mu Burengerazuba n’Amajyepfo.

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.