Umuryango w’Abibumbye wamaganye bikomeye igitero cya Israel cyishe abanyamakuru 6
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa muntu ryamaganye bikomeye igitero cy’ingabo za Israel cyahitanye abanyamakuru b’Abanyapalestina batandatu, ubwo bari mu ihema ryabo muri Gaza.
Hashize igihe kinini imiryango itandukanye isaba ko Israel yubaha uburenganzira bw’abasivili bose, harimo n’abanyamakuru, nk’uko biteganywa n’amategeko mpuzamahanga.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu ryerekanye ko kuva ku wa 7 Ukwakira 2023, nibura abanyamakuru 242 b’Abanyapalestina bamaze kwicirwa muri Gaza.
Abamagana ubu bwicanyi barasaba ko abanyamakuru bose bahabwa amahirwe yo kwinjira muri Gaza mu buryo bwihuse, butekanye kandi butabangamiwe, kugira ngo bakomeze gutara amakuru y’ibibera muri ako gace.


Kinyarwanda
English
Swahili









