Umunyamakuru Kasuku yavuze ko gushyamirana na Eddy Kenzo byatumye yigurira imodoka
Umunyamakuru w’imyidagaduro wo muri Uganda, Kasuku yavuze ko gushyamirana na Eddy Kenzo byamuhinduriye ubuzima, ndetse ko byatumye anigurira imodoka ye ya kabiri biturutse kuri uko gushyamirana.
Mu gusangiza urugendo rwe, Kasuku wamaze imyaka icumi mu itangazamakuru ku bitangazamakuru bikuru nk’umunyamakuru w’imyidagaduro n’umusesenguzi, yavuze ko uku gushyamirana byamuhesheje izina mu bantu kandi bikamugirira n’akamaro cyane.
Kasuku avuga ko mu myaka itanu amaze yikorera yageze kuri byinshi kuruta ibyo yagezeho mu myaka 10 akorera ibitangazamakuru bikuru. Ntekereza ko ikintu cyonyine gifatika nahawe n’itangazamakuru ari imodoka. Naguze nk'imodoka eshanu.
Imodoka ye ya mbere, ya Black Bomber, yayihawe n'umuntu wakundaga kumva ibiganiro bye kuri radiyo. Ariko imodoka ye ya kabiri, ya Subaru Forester, yayibonye mu buryo budasanzwe.
Ati "Nayiguze mu mafaranga Eddy Kenzo yampaye nk’indishyi nyuma yo kunkubita.
Nyuma yo kuva ku bitangazamakuru bikuru, Kasuku yanjiye mu bijyanye no kwikorera, cyane cyane ku muyoboro wa YouTube, aho ibikorwa bye bikurura abatari bake.


Kinyarwanda
English
Swahili









