Umudepite n’umugabo we bishwe barashwe muri Amerika
Guverineri wa Leta ya Minnesota, Tim Walz, yatangaje inkuru y’akababaro y’urupfu rw’abagize Inteko Ishinga Amategeko babiri, barimo umudepite n’umugabo we, barashwe bahita bapfa mu gitero bivugwa ko gishobora kuba gishingiye ku mpamvu za politiki.
Uwaguye muri icyo gitero ni Melissa Hortman, wari uhagarariye Leta ya Minnesota mu Nteko Ishinga Amategeko, hamwe n’umugabo we bombi barashwe bahita bitaba Imana.
Nyuma y'iki gitero kandi, Senateri John Hoffman n’umugore we na bo barashwe inshuro nyinshi, gusa amakuru avuga ko bakiri bazima kandi bari kwitabwaho n’abaganga. Guverineri Walz yavuze ko hari icyizere ko bazakira.
Umuyobozi wa Polisi muri Brooklyn Park, Chief Mark Bruley, yatangaje ko uwihishe inyuma y'iki gitero yari yambaye impuzankano isa n’iy’abapolisi ndetse anatwaye imodoka isa n’iyabo, bikekwa ko ari byo byamufashije kwinjira aho abo banyapolitiki bari bateraniye.
Perezida Donald Trump, yavuze ko yamaze kumenya iby'iki gitero, yongeraho ko iperereza kuri cyo ryatangiye gukorwa n’Ubushinjacyaha Bukuru ndetse na FBI.
Yagize ati: "Uru rugomo ntiruzihanganirwa muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika. Ababigizemo uruhare bazagezwa imbere y’ubutabera nk'uko amategeko abiteganya."
Kugeza ubu, inzego z’umutekano ziracyakurikirana uwo mugizi wa nabi wahunze, mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane icyihishe inyuma y’ubu bwicanyi bwibasiye aba bayobozi bo muri Guverinoma y'Amerika.


Kinyarwanda
English
Swahili









