Uganda: Abasaga 40 bapfiriye mu mpanuka ikomeye
Polisi ya Uganda yatangaje ko abantu barenga 40 ari bo bamaze kwitaba Imana mu mpanuka ikomeye yabereye ku muhanda wa Kampala-Gulu mu ijoro ryo ku wa Gatatu.
Iyi mpanuka yabaye ahagana saa sita n’igice z’ijoro (00:15), ubwo imodoka ebyiri zitwara abagenzi zagendaga mu byerekezo bitandukanye zagonganye, zigerageza kunyura ku zindi modoka zirimo ikamyo n’imodoka nto.
Polisi yatangaje ko abantu benshi bakomeretse bakajyanwa kwa muganga, mu gihe hari n’abandi bari bataye ubwenge bakaba barimo kuvurwa.
Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Ishami ryo mu muhanda, SP. Kananura Micheal, yavuze ko umubare w’abapfuye wabanje gutangazwa ko ari 63, ariko nyuma basanga harimo abari bakiri bazima. Polisi ikomeje iperereza ku cyateye iyi mpanuka yiswe imwe mu zikomeye muri Uganda muri uyu mwaka.
SP. Kananura Micheal, mu itangazo yasohoye yavuze ko ibitaro byemeje ko abantu 46 ari bo bapfiriye mu mpanuka y’imodoka zagonganye ku muhanda Kampala-Gulu, mu gace ka Kitaleeba.
Perezida Yoweri Museveni yihanganishije imiryango yaburiye abantu mu mpanuka ikomeye yo mu muhanda yaguyemo abantu mirongo, yavuze ko buri muryango wapfushije umuntu uhabwa miliyoni 5 z’amashilingi ya Uganda (UgShs), naho uwakomeretse ukagenerwa miliyoni imwe.
Ati “Numvanye akababaro ibijyanye n’impanuka ibabaje yabaye mu gitondo ku muhanda Kampala – Gulu igahitana ubuzima bw’abantu. Nihanganishije imiryango iri mu gahinda, kandi nifurije gukira vuba abakomeretse.”
Yavuze ko yasabye ababishinzwe mu Biro by’Umukuru w’Igihugu guha miliyoni 5 z’amashilingi ya Uganda buri muryango wapfushije umuntu, naho umuryango ufite umuntu wakomeretse ugahabwa miliyoni imwe.
Itangazo rya mbere rya Polisi rivuga ko abapolisi bahageze batabaye, abakomeretse bajyanwa ku Bitaro bya Kiryandongo no mu mavuriro ari hafi yaho.
Polisi ivuga ko igikomeje gukora iperereza ku cyateye impanuka, ikanasaba abakoresha imihanda kwitwararika.


Kinyarwanda
English
Swahili









