issa
Uruganda rwa Joyland Company Ltd rwarafunzwe (Video)

Uruganda rwa Joyland Company Ltd rwarafunzwe (Video)

Oct 22, 2025 - 12:04
 0

Hafunzwe inganda 8 na Farumasi 4 zari zifite imiti yarengeje igihe. Abafashwe 72 barimo 15 b'i Kigali. Ibyafashwe bifite agaciro ka miliyoni 107 Frw ndetse Abafashwe baciwe amande ya miloyoni 107 Frw.


Ku wa 20 Ukwakira 2025 Inzego zirimo Umujyi wa Kigali,Urwego rw'igihugu rw’Ubugenzacyaha, Polisi y'u Rwanda na FDA beretse itangazamakuru zimwe mu nganda 8 na Farumasi 4 zafunzwe nyuma y'umukwabo wiswe Operation Usalama XI.

Mu nganda zerekanywe harimo urwitwa Joyland Company LTD rukorera mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Mageragere mu kagari ka Kankuba.

 Ni uruganda rwari rumaze imyaka 8 nk'uko abaturage bahakoze imirimo y'ubwubatsi babitangarije UKWELITIMES.

Ku ruganda harafunze ariko kandi harinzwe na polisi y'u Rwanda mu rwego rwo kurinda abashobora gukomeza kugurisha umutobe wa Salama kandi utujuje ubuziranenge.

Iyo uhageze abaharinze bakubwira ko utakwinjiramo cyangwa se ngo usohokane ikintu. 

Ni uruganda rukora ku kibaya cya Nyabarongo ku buryo bigoye kumenya icyahakorerwaga kuko bisaba ko ubaza abahatuye.

Kuri ubu abantu bose baguze umutobe wa Salama basabwa kuwumena kuko utujuje ubuziranenge. Ariko kandi abacuruzi baranguye mwinshi nabo basabwa kuwumena batitaye ku gihombo bahura nacyo. Nyiri uruganda ari mu bafashwe akaba afunzwe.

 Muri iyi foto ni uwambaye imyenda y'umweru.

Uruganda rwa Joyland Company Ltd rwarafunzwe (Video)

Oct 22, 2025 - 12:04
Oct 22, 2025 - 13:47
 0
Uruganda rwa Joyland Company Ltd rwarafunzwe (Video)

Hafunzwe inganda 8 na Farumasi 4 zari zifite imiti yarengeje igihe. Abafashwe 72 barimo 15 b'i Kigali. Ibyafashwe bifite agaciro ka miliyoni 107 Frw ndetse Abafashwe baciwe amande ya miloyoni 107 Frw.


Ku wa 20 Ukwakira 2025 Inzego zirimo Umujyi wa Kigali,Urwego rw'igihugu rw’Ubugenzacyaha, Polisi y'u Rwanda na FDA beretse itangazamakuru zimwe mu nganda 8 na Farumasi 4 zafunzwe nyuma y'umukwabo wiswe Operation Usalama XI.

Mu nganda zerekanywe harimo urwitwa Joyland Company LTD rukorera mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Mageragere mu kagari ka Kankuba.

 Ni uruganda rwari rumaze imyaka 8 nk'uko abaturage bahakoze imirimo y'ubwubatsi babitangarije UKWELITIMES.

Ku ruganda harafunze ariko kandi harinzwe na polisi y'u Rwanda mu rwego rwo kurinda abashobora gukomeza kugurisha umutobe wa Salama kandi utujuje ubuziranenge.

Iyo uhageze abaharinze bakubwira ko utakwinjiramo cyangwa se ngo usohokane ikintu. 

Ni uruganda rukora ku kibaya cya Nyabarongo ku buryo bigoye kumenya icyahakorerwaga kuko bisaba ko ubaza abahatuye.

Kuri ubu abantu bose baguze umutobe wa Salama basabwa kuwumena kuko utujuje ubuziranenge. Ariko kandi abacuruzi baranguye mwinshi nabo basabwa kuwumena batitaye ku gihombo bahura nacyo. Nyiri uruganda ari mu bafashwe akaba afunzwe.

 Muri iyi foto ni uwambaye imyenda y'umweru.