issa
U Burundi bwafunze umupaka wabwo na DRC nyuma y’ifatwa ry’umujyi wa Uvira na AFC/M23

U Burundi bwafunze umupaka wabwo na DRC nyuma y’ifatwa ry’umujyi wa Uvira na AFC/M23

Dec 11, 2025 - 15:11
 0

Nyuma y’uko inyeshyamba za AFC/M23 zigaruriye umujyi wa Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, igihugu cy’u Burundi cyahise gifata icyemezo cyo gufunga umupaka ubuhuza na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kivuga ko kiri kubikora mu rwego rwo gucungira umutekano wacyo imbere, no kwirinda abashobora kwinjiramo bavuye mu mirwano.


Ku wa 10 Ukuboza 2025, inyeshyamba za AFC/M23 zinjiye muri Uvira nta mirwano ibaye, nyuma y’uko ingabo za FARDC, iz'u Burundi ndetse na Wazalendo zari zishinzwe kurinda uwo mujyi zinaniwe, maze Uvira ikagwa mu maboko y’inyeshyamba. Umutwe wa AFC/M23 wemeje ko Uvira yahindutse umujyi w'umutekano, ukavuga ko “icyago kigijweyo”.

Nyuma y’ifatwa ry’uyu mujyi, u Burundi bwatangaje ko bufunze umupaka wabwo na Congo kugira ngo bwime inzira abashobora kuba bagambiriye kwinjira mu gihugu mu buryo butemewe cyangwa bushobora guteza umutekano muke.

Ku rundi ruhande, AFC/M23 yasabye Abanyecongo bahunze gutahuka mu ngo zabo, ibizeza ko izabarindira umutekano.

U Burundi bwafunze umupaka wabwo na DRC nyuma y’ifatwa ry’umujyi wa Uvira na AFC/M23

Dec 11, 2025 - 15:11
Dec 11, 2025 - 18:01
 0
U Burundi bwafunze umupaka wabwo na DRC nyuma y’ifatwa ry’umujyi wa Uvira na AFC/M23

Nyuma y’uko inyeshyamba za AFC/M23 zigaruriye umujyi wa Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, igihugu cy’u Burundi cyahise gifata icyemezo cyo gufunga umupaka ubuhuza na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kivuga ko kiri kubikora mu rwego rwo gucungira umutekano wacyo imbere, no kwirinda abashobora kwinjiramo bavuye mu mirwano.


Ku wa 10 Ukuboza 2025, inyeshyamba za AFC/M23 zinjiye muri Uvira nta mirwano ibaye, nyuma y’uko ingabo za FARDC, iz'u Burundi ndetse na Wazalendo zari zishinzwe kurinda uwo mujyi zinaniwe, maze Uvira ikagwa mu maboko y’inyeshyamba. Umutwe wa AFC/M23 wemeje ko Uvira yahindutse umujyi w'umutekano, ukavuga ko “icyago kigijweyo”.

Nyuma y’ifatwa ry’uyu mujyi, u Burundi bwatangaje ko bufunze umupaka wabwo na Congo kugira ngo bwime inzira abashobora kuba bagambiriye kwinjira mu gihugu mu buryo butemewe cyangwa bushobora guteza umutekano muke.

Ku rundi ruhande, AFC/M23 yasabye Abanyecongo bahunze gutahuka mu ngo zabo, ibizeza ko izabarindira umutekano.