Sudani y’Epfo: Ingabo z’u Rwanda zakoze Umuganda
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) zifatanyije na bagenzi bazo ndetse n’abaturage mu muganda w’isuku ndetse no kubungaunga ibidukikije.
Uyu muganda wabereye ku ishuri ribanza rya Juba mu murwa mukuru wa Sudani y’Epfo ku tariki ya 4 Kamena 2026.
Uyu muganda wibanze ku gusukura, gutera ibiti, gukusanya imyanda no gutema ibihuru byo kuri iri shuri.
Ni umuganda wateguwe n’Ingabo z’u Rwanda mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije no gufasha abanyeshuri bo muri iki kigo kwigira ahantu hatekanye kandi harangwa n’isuku.
Muri iki gikorwa, aba basirikare bakoze ubukangurambaga bwo kwirinda no kurwanya malaria, babigisha ibitera iyo ndwara, ibimenyetso biyiranga ndetse n’uburyo bwo kuyirinda.
Ishami rya Loni ryita ku Buzima (OMS), rigaragaza ko abarenga miliyoni 3,6 bo muri Sudani y’Epfo basanzwemo malaria mu 2022, imibare igera kuri miliyoni 3,8 mu 2023 no mu 2024 habarurwa abangana uko.

Kinyarwanda
English
Swahili








