Bikomeje kuba bibi hagati ya Israel na Syria

Bikomeje kuba bibi hagati ya Israel na Syria

Mar 25, 2025 - 16:28
 0

Ku wa kabiri, tariki ya 25 Werurwe, ingabo za Isiraheli zavuze ko zongeye kugaba ibitero bibiri bya gisirikare muri Siriya rwagati.Ibi bitero by’indege bya Israel byibasiye Syria bisenya amazu n’ibindi bikorwa remezo byiganjemo amavuriro.


Ibitangazamakuru byo mu barabu bitangaza  ko Israel iri gushaka kwirukana abarwanyi bo mu bice byinshi bya Syria cyane cyane abakambitse mu bice bituriye Israel uciye mu bitwa bya Golan.

Muri Syria bavuga ko ibitero bya Israel byinjiriye ahitwa Kuwaya mu Majyepfo yayo. Ni nyuma y’uko mu minsi ishize Israel yasanze hari abantu bafite ububiko bunini bw’intwaro hafi aho.

Ibi rero ngo nibyo byasembuye ingabo za Israel  zitegura  ibitero byo guca intege abantu bose baturiye Israel bafite intego zo kuyihungabanya.

Ku wa mbere, ubwo yari mu ruzinduko i Yeruzalemu, umuyobozi wa politiki y’ububanyi n’amahanga y’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi, Kaja Kallas yihanangirije Isiraheli kutongera kugaba ibitero  kuri Siriya na Libani avuga ko bibangamiye ikiremwamuntu.

 


Bikomeje kuba bibi hagati ya Israel na Syria

Mar 25, 2025 - 16:28
 0
Bikomeje kuba bibi hagati ya Israel na Syria

Ku wa kabiri, tariki ya 25 Werurwe, ingabo za Isiraheli zavuze ko zongeye kugaba ibitero bibiri bya gisirikare muri Siriya rwagati.Ibi bitero by’indege bya Israel byibasiye Syria bisenya amazu n’ibindi bikorwa remezo byiganjemo amavuriro.


Ibitangazamakuru byo mu barabu bitangaza  ko Israel iri gushaka kwirukana abarwanyi bo mu bice byinshi bya Syria cyane cyane abakambitse mu bice bituriye Israel uciye mu bitwa bya Golan.

Muri Syria bavuga ko ibitero bya Israel byinjiriye ahitwa Kuwaya mu Majyepfo yayo. Ni nyuma y’uko mu minsi ishize Israel yasanze hari abantu bafite ububiko bunini bw’intwaro hafi aho.

Ibi rero ngo nibyo byasembuye ingabo za Israel  zitegura  ibitero byo guca intege abantu bose baturiye Israel bafite intego zo kuyihungabanya.

Ku wa mbere, ubwo yari mu ruzinduko i Yeruzalemu, umuyobozi wa politiki y’ububanyi n’amahanga y’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi, Kaja Kallas yihanangirije Isiraheli kutongera kugaba ibitero  kuri Siriya na Libani avuga ko bibangamiye ikiremwamuntu.

 


What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.