issa
Sudan: Abarenga 30 bapfiriye mu mwuzure wugarije intara ya Nile

Sudan: Abarenga 30 bapfiriye mu mwuzure wugarije intara ya Nile

Oct 7, 2025 - 15:45
 0

Abarenga 30 baburiye ubuzima mu mwuzure watewe ni imvura nyinshi yaguye mu Intara ya Nile muri Sudan mu gihe abandi ibihumbi bari mu kaga ko kubura aho kuba.


Ubuyobozi bwa Sudan bwatangaje ko uwo mwuzure watewe n’amazi menshi y’imigezi ya Blue Nile na White Nile yari yuzuye kuri uyu wa mbere tariki ya 6 Ukwakira 2025, amazi yayo agatemba agana kunzu zabatuye icyo gihugu bikarangira arenze amazu n'imirima yabo ubu ibibazo by'ubukene n'inzara bikaba bikomeje kuba bibi cyane.

Abaturage baganiriye n’itangazamakuru ryo muri icyo gihugu bavuze ko byabaye mu buryo butunguranye cyane amazi akinjira mu ngo zabo mu masaha y'ijoro ubwo bari baryamye bigatera benshi guhungira mu bice bya magepfo y'icyo gihugu muri ayo masaha.

Abatuye muri icyo gihugu bavuze ko bakeneye ubutabazi bigishoboka kubera ko nta bikoresho bafite bihagije byo guhangana n’iyo myuzure ikomeje kwiyongera, bitewe ahanini n’iyo mvura ikomeje kugwa ari nyinshi muri icyo gihugu.

Ibi bibaye nyuma y’uko Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ya Sudan mu minsi ishize yari yatangaje ko intara esheshatu zo muri icyo gihugu ziri mu byago byo kuzahura n’imyuzure muri uyu mwaka.

Uyu mwuzure ubaye nyuma y’inkangu ikomeye yabaye muri icyo gihugu mu kwezi gushize aho abarenga 1,000 baburiyemo ubuzima ndetse icyo gihugu kikaba gikomeje kugarizwa ni nzara n’ubukene biterwa ahanini n'intambara igiye kumara imyaka itatu iba.

Sudan: Abarenga 30 bapfiriye mu mwuzure wugarije intara ya Nile

Oct 7, 2025 - 15:45
Oct 7, 2025 - 16:08
 0
Sudan: Abarenga 30 bapfiriye mu mwuzure wugarije intara ya Nile

Abarenga 30 baburiye ubuzima mu mwuzure watewe ni imvura nyinshi yaguye mu Intara ya Nile muri Sudan mu gihe abandi ibihumbi bari mu kaga ko kubura aho kuba.


Ubuyobozi bwa Sudan bwatangaje ko uwo mwuzure watewe n’amazi menshi y’imigezi ya Blue Nile na White Nile yari yuzuye kuri uyu wa mbere tariki ya 6 Ukwakira 2025, amazi yayo agatemba agana kunzu zabatuye icyo gihugu bikarangira arenze amazu n'imirima yabo ubu ibibazo by'ubukene n'inzara bikaba bikomeje kuba bibi cyane.

Abaturage baganiriye n’itangazamakuru ryo muri icyo gihugu bavuze ko byabaye mu buryo butunguranye cyane amazi akinjira mu ngo zabo mu masaha y'ijoro ubwo bari baryamye bigatera benshi guhungira mu bice bya magepfo y'icyo gihugu muri ayo masaha.

Abatuye muri icyo gihugu bavuze ko bakeneye ubutabazi bigishoboka kubera ko nta bikoresho bafite bihagije byo guhangana n’iyo myuzure ikomeje kwiyongera, bitewe ahanini n’iyo mvura ikomeje kugwa ari nyinshi muri icyo gihugu.

Ibi bibaye nyuma y’uko Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ya Sudan mu minsi ishize yari yatangaje ko intara esheshatu zo muri icyo gihugu ziri mu byago byo kuzahura n’imyuzure muri uyu mwaka.

Uyu mwuzure ubaye nyuma y’inkangu ikomeye yabaye muri icyo gihugu mu kwezi gushize aho abarenga 1,000 baburiyemo ubuzima ndetse icyo gihugu kikaba gikomeje kugarizwa ni nzara n’ubukene biterwa ahanini n'intambara igiye kumara imyaka itatu iba.