Sobanukirwa n'icyo bita Publicity Stunt mu myidagaduro benshi bitiranya na Prank
Ni kenshi abakurikira ibyamamare biri mu ruganda rw'imyidagaduro haba mu Rwanda no hanze yarwo babona bigaragaza imyitwarire idasanzwe, irimo kwambara imyenda y'abagore ku bagabo, inkundo za hato na hato, n'ibindi.
Mu Rwanda, akenshi iyo umuhanzi, umukinnyi wa filimi, umunyamideri n'undi wese ubarizwa mu ruganda rw'imyidagaduro agaragaweho n'iyi myitwarire idasanzwe bikarema inkuru, usanga hari abavuga bati
" Ibi ni prank" nyamara ntabwo ari uko biri.
Mu ndimi z'amahanga, iyi myitwarire idasanzwe iranga ibyamamare ahanini igamije gukurura amarangamutima y'abakunzi babo no kwitabwaho cyane yitwa 'Publicity Stunt' bitandukanye n'uko mu Rwanda usanga byarahawe inyito ya 'Prank'.
Iri jambo 'Publicity stunt' ryo mu rurimi rw’Icyongereza, risobanurwa nk'igikorwa gitegurwa kugira ngo uwagikoze akurure amarangamutima y'abamukurikira ndetse avugwe cyane mu mitwe y'inkuru agamije gutegura inzira z'igikorwa nyamukuru ashaka gushyira hanze. Naho Prank ni umutego umuntu ashobora gutega inshuti ye agira ngo ayitungure.
Ushobora kubona nk'abahanzi babiri bavugwa mu rukundo ndetse bakitwara nk'abakundana by'ukuri, nyamara nta rukundo ruri hagati yabo, ikigamijwe ari ukugira ngo bavugwe cyane mu itangazamakuru mu gihe bo baba bafite umushinga w'indirimbo bashaka gushyira hanze, bagira ngo uzaze utegerejwe n'abenshi.
Daimond Platnumz na Zuchu ni bimwe mu byamamare bikoresha ubu buryo cyane
Abandi bashobora kugaragara bambaye imyenda y'abagore ku bagabo, bamwe bagatangira kubavugaho bibwira ko wenda baba baryamana n'abo bahuje ibitsina. Nyamara akenshi biba bitandukanye n'ukuri ahubwo bagamije kwa gushaka kwiharira imitwe y'inkuru, bisasira inzira zabo zo gushyira hanze imishinga yabo.
Ingero za bimwe mu byamamare byakoze ibisa nk'ibi mu Rwanda no hanze, ni nka Mico The Best mu 2023 wigeze gushyira hanze amafoto yambaye ijipo ndetse anafashe isakoshe y'abagore, mu gihe hakibazwa ku cyamuteye kubikora ahita ashyira hanze indirimbo 'Inanasi'.
Bamwe mu basesenguzi mu myidagaduro bavuga ko nk'umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzania na Zuchu, bakoresha ubu buryo bifashishije inkuru z'urukundo rwabo zidashira. Undi muhanzi uvuga cyane muri ibi ni Taylor Swift wo muri Amerika, ukunze kuvugwa mu rukundo akenshi iyo yitegura gushyira hanze album ndetse yamara kujya hanze agahita atandukana n'uwo bavugwaga mu rukundo.


Kinyarwanda
English
Swahili









