Rwanda Premier League yatangaje igihe imikino yo kwishyura ya Shampiyona izatangirira
Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League, bwatangaje ko imikino yo kwishyura ya shampiyona izatangira tariki 30 Mutarama 2026.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 7 Mutarama 2026, nibwo Rwanda Premier League yatangaje ko ivugururwa ry’imikino y’umunsi wa nyuma usoza imikino ibanza ya shampiyona ariko kandi hatangazwa n’igihe imikino y’inyongera izabera kuri aya makipe yo muri Sudani.
Ikipe ya Rayon Sports na APR FC ziri mu makipe atarakina n’izi kipe zo muri Sudani (AL Merrikh SC na Al Hilal SC). Iyi mikino yazo nayo yamaze gutegurwa kugeza ubu.
Rwanda Premier League yatangaje kandi ko umukino ikipe ya Rayon Sports izakina na Mukura Victory Sports tariki 24 Mutarama 2026, uzabera kuri Sitade ya Muhanga aho kubera mu karere ka Huye nyuma y’uko Sitade itarasoza kuvugururwa.
Umukino kandi ikipe ya APR FC izakina n’Amagaju FC nawo ntabwo uzabera mu karere ka Huye ahubwo uzakinirwa kuri Sitade ya Muhanga. Uyu mukino biteganyijwe ko uzaba ku itariki 14 Mutarama 2026.
Mu gihe hari hategerejwe kumenya igihe APR FC na Rayon Sports zizakina n’izi kipe zo muri Sudani, nabyo byamaze gutangazwa. Ku itariki 17 Mutarama 2026, nibwo ikipe ya APR FC izakina na Al Merrikh SC ubere kuri Sitade Amahoro. Umukino uzahuza Al Hilal SC na APR FC ntabwo haratangazwa igihe uzabera kuko Al Hilal SC imikino nyafurika iyi kipe yo muri Sudani irimo gukina.
Ku i tariki 18 Mutarama 2026, Rayon Sports izakina na Al Hilal SC naho tariki 21 Mutarama 2026, Rayon Sports izakina na Al Merrikh SC. Iyi mikino yose ya Rayon Sports izabera kuri Sitade Amahoro.
Byemejwe ko imikino yo kwishyura ya shampiyona y’u Rwanda izatangira ku i taraiki 30 Mutarama 2026. Ntabwo haratangazwa uko amakipe azagenda ahura ariko bivugwa ko biratangazwa mu gihe cya vuba.



Kinyarwanda
English
Swahili









