issa
Rwamagana: Umugore n'umwana yari ahetse basanzwe mu ishyamba bapfuye

Rwamagana: Umugore n'umwana yari ahetse basanzwe mu ishyamba bapfuye

Feb 12, 2026 - 15:07
 0

Umugore wavaga gucuruza imbuto mu Murenge wa Rusororo yasanzwe mu ishyamba ryo mu Murenge wa Muyumbu mu karere ka Rwamagana, yapfuye bikekwa ko yishwe. Polisi y'u Rwanda ivuga ko hatangiye iperereza ndetse hafatwa umuntu umwe ukekwaho uruhare mu rupfu rwabo.


Umurambo w'uwo mugore n'uw'umwana yari ahetse yasanzwe mu ishyamba riherereye mu kagari ka Bujyujyu mu Murenge wa Muyumbu, Akarere ka Rwamagana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Gashyantare 2026.

Amakuru UKWELITIMES, ikesha abaturage batuye mu Murenge wa Muyumbu avuga ko uwo mugore wari ufite myaka 28, bakeka ko yishwe n'abataramenyekana ubwo yaravuye mu isoko rya Kabuga mu Murenge wa Rusororo, gucuruza imbuto. Bivugwa ko yishwe ahetse umwana w'imyaka itatu ndetse uwo mwana nawe yishwe n'abishe nyina.

Umuvugizi wa Polisi y'Igihugu mu Ntara y'Iburasirazuba SP Twizeyimana Hamdun aganira na UKWELITIMES, yemeje ko uwo mugore n'umwana we,  imirambo yabo yabonetse mu gitondo ndetse hatangira iperereza ku rupfu rwabo.

Yagize ati " Nibyo umugore n'umwana babasanze bapfuye, hatangiye iperereza, hari n'umuntu umwe wafashwe ukekwa ariko iperereza rirakomeje ku bijyanye n'urupfu rw'uwo mugore n'umwana we."

Amakuru avuga ko iruhande rw'umurambo w'uwo mugore n'uw'umwana we,  hasanzwe umuhini bikekwa ko wakoreshejwe mu kubica.

Rwamagana: Umugore n'umwana yari ahetse basanzwe mu ishyamba bapfuye

Feb 12, 2026 - 15:07
Feb 12, 2026 - 18:47
 0
Rwamagana: Umugore n'umwana yari ahetse basanzwe mu ishyamba bapfuye

Umugore wavaga gucuruza imbuto mu Murenge wa Rusororo yasanzwe mu ishyamba ryo mu Murenge wa Muyumbu mu karere ka Rwamagana, yapfuye bikekwa ko yishwe. Polisi y'u Rwanda ivuga ko hatangiye iperereza ndetse hafatwa umuntu umwe ukekwaho uruhare mu rupfu rwabo.


Umurambo w'uwo mugore n'uw'umwana yari ahetse yasanzwe mu ishyamba riherereye mu kagari ka Bujyujyu mu Murenge wa Muyumbu, Akarere ka Rwamagana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Gashyantare 2026.

Amakuru UKWELITIMES, ikesha abaturage batuye mu Murenge wa Muyumbu avuga ko uwo mugore wari ufite myaka 28, bakeka ko yishwe n'abataramenyekana ubwo yaravuye mu isoko rya Kabuga mu Murenge wa Rusororo, gucuruza imbuto. Bivugwa ko yishwe ahetse umwana w'imyaka itatu ndetse uwo mwana nawe yishwe n'abishe nyina.

Umuvugizi wa Polisi y'Igihugu mu Ntara y'Iburasirazuba SP Twizeyimana Hamdun aganira na UKWELITIMES, yemeje ko uwo mugore n'umwana we,  imirambo yabo yabonetse mu gitondo ndetse hatangira iperereza ku rupfu rwabo.

Yagize ati " Nibyo umugore n'umwana babasanze bapfuye, hatangiye iperereza, hari n'umuntu umwe wafashwe ukekwa ariko iperereza rirakomeje ku bijyanye n'urupfu rw'uwo mugore n'umwana we."

Amakuru avuga ko iruhande rw'umurambo w'uwo mugore n'uw'umwana we,  hasanzwe umuhini bikekwa ko wakoreshejwe mu kubica.