Rusizi: Yatawe muri yombi akekwaho gushinga imisaraba ibiri mu rugo rw’umuturanyi we
Umugabo wo mu Murenge wa Giheke mu Karere ka Rusizi yataye muri yombi na Polisi y’u Rwanda, akekwaho gushinga imisaraba mu rugo rw’umuturanyi we.
Ibi byabereye mu Mudugugudu wa Rwumvangoma mu Kagari ka Giheke mu Murenge wa Giheke.
Uyu mugabo w’imyaka 57 ukekwaho gushinga imisaraba mu rugo rw’umuturanyi we bari bafitanye amakimbirane, yarufatiwemo ahagana saa tanu z’ijoro ku wa 21 Nyakanga 2025.
Amakuru agera kuri UKWELITIMES, avuga ko uyu mugabo yavuze ko yabikoze agambiriye gusa gutera ubwoba uwo muturanyi kugira ngo yimuke kuko bari bafitanye amakimbirane.
Bivugwa ko uyu mugabo yashinze imisaraba mu rugo rw’umuturanyi we mu gihe tariki 20 Nyakanga 2025, nabwo uwo muturage yari yakuriwe ibijumba mu murima we n’abantu batabashije kumenyekana.
Kugeza ubu uyu mugabo afungiye kuri RIB sitasiyo ya Kamembe mu gihe iperereza ku byaha akekwaho rikomeje.
Amakuru avuga ko mu bigikurikiranwa harimo no kuba mu mwaka ushize nabwo uyu mugabo yarafungiwe ibikorwa nk’ibi gusa akaza kurekurwa.


Kinyarwanda
English
Swahili









