Real Madrid yongeye kwisanga mu bibazo by’abakinnyi bacye
Ikipe ya mbere ku isi kugeza ubu yo mu gihugu cya Espagne, Real Madrid yongeye kwisanga mu bibazo by’abakinnyi bacye kubera imvune.
Ku wa Gatandatu tariki 27 Nzeri 2025, nibwo Real Madrid yakinnye umukino w’umunsi wa 7 wa Shampiyona ya Espagne. Ni umukino Real Madrid yatsinzwemo na Atletico Madrid ibitego 5-2.
Ni ibitego bya Real Madrid byatsinzwe na Kyliane Mbape ndetse na Arda Guler. Ku ruhande rwa Atletico Madrid, ibi bitego byatsinzwe na Julian Alvarez, Antoine Griezmann, Normand ndetse na Sorloth.
Muri uyu mukino ntabwo Real Madrid byayigendekeye neza kuko yavunikishije umukinnyi ukomeye witwa Dani Carvajal asanga Trent Alexander Arnold wagize imvune mu minsi ishize kandi bakina umwanya umwe.
Muri uyu mukino kandi Eder Miltao yagize ububabare ariko we byemeza ko azamara iminsi 2 cyangwa 3 aruhuka kugira ngo bubanze bugabanuke. Dani Carvajal we byemejwe ko aramara hanze y’ikibuga ibyumweru 4 bingana n’ukwezi kumwe.
Real Madrid kugeza ubu kuri nimero kabiri hashobora kujya hahengekwa Raul Asencio wagaragaje ko ataragera ku rwego rwiza kuva yazamurwa mu ikipe nkuru avuye mu bato.
Abakinnyi barimo Antonio Rudger, Dani Carvajal, Trent Alexander Arnold, Ferland Mendy na David Alaba bose bafite ibibazo by’imvune. Ni ikibazo gikomeye ku mutoza wa Real Madrid kuko yongeye kugira ibibazo by’abakinnyi nk’ibyo Carlos Anceloti yagize umwaka ushize.
Antonio Rudger afite imvune
Dani Carvajal nawe yagize imvune
Trent Alexander Arnold nawe ari mu mvune


Kinyarwanda
English
Swahili









