Perezida Museveni yatangije imigabo n’imigambi ya NRM 2026–2031
Perezida Yoweri Kaguta Museveni kuri uyu wa Mbere, tariki 29 Nzeri 2025, yatangije ku mugaragaro imigabo n’imigambi y’ishyaka riri ku butegetsi National Resistance Movement (NRM) izamara imyaka itanu (2026–2031).
Uyu muhango wabereye kuri Speke Resort Convention Centre, i Munyonyo, anatangiza ku mugaragaro urugendo rwe rwo kongera kwiyamamariza kuyobora Uganda.
Iyo migabo n’imigambi yiswe “Kisanja Programme” yitezweho kugaragaza intambwe igihugu kimaze gutera mu bukungu, ndetse no kugaragaza aho ubuyobozi bushya buzashyira imbaraga. Mu byo yibanzeho harimo: guteza imbere inganda, guhanga imirimo igezweho mu buhinzi, gukomeza umutekano w’igihugu, kubaka ibikorwa remezo, guteza imbere urwego rwa peteroli n’ibicanwa, impinduramatwara mu ikoranabuhanga, no gukomeza ubucuruzi bw’akarere.
Umunyamabanga Mukuru wa NRM, Richard Todwong, ni we wafunguye uwo muhango, akurikirwa n’ijambo ry’Umunyamabanga wa mbere wungirije w’igihugu. Museveni we yagejeje ijambo ku bitabiriye, imbere y’abayobozi bakuru b’ishyaka, abashyitsi batumiwe n’abanyacyubahiro.
Nk’uko byatangajwe na komisiyo y'igihugu y'amatora, ibikorwa byo kwamamaza byatangiriye i Munyonyo na Makindye kuri uyu munsi, bikazakomereza i Luweero ku ya 30 Nzeri — akarere gafite amateka y’intambara ya gisirikare (1981–1986) yagejeje Museveni ku butegetsi. Mu minsi ikurikira, Museveni azerekeza mu majyaruguru no mu burengerazuba bw’igihugu, mu bice birimo Amolatar, Dokolo, Alebtong, Otuke, Apac, Kwania, Ntoroko, Bunyangabu, Kasese, Kole na Lira.
Ku myaka 81, Museveni amaze imyaka 39 ayobora Uganda kuva mu 1986, kandi ubu ari gushaka indi manda, yiyamamariza ku ntego yo gukomeza umurage n’umutekano.
Ibi bikorwa byahuriranye n’uko Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) wo mu ishyaka National Unity Platform (NUP) nawe atangiza ibikorwa bye byo kwiyamamaza i Jinja, aho ashaka kwagurira inkunga ye mu Burasirazuba nyuma yo gutsindira cyane mu Buganda mu matora ya 2021.
Amatora ya 2026 azaba aya mbere mu myaka 25 nta mukandida w’umugore urimo. Azahuza ubutumwa bwa Museveni bwo gukomeza umutekano n’umurage n’ubusabe bw’abatavuga rumwe na we bushimangira impinduka, kurengera uburenganzira no guha umwanya ubuyobozi bushya bw’urubyiruko.
Ibikorwa byo kwiyamamaza biteganyijwe kurangira muri Gashyantare 2026.


Kinyarwanda
English
Swahili









