issa
Iran n’Amerika mu biganiro

Iran n’Amerika mu biganiro

Feb 27, 2026 - 12:53
 0

Ishyamba si ryeru mu nteko ishingamategeko y'Amerika ku ngingo yo kuba Leta Zunze Ubumwe z'Amerika zatera Iran mu rwego rwo gukuraho ubutegetsi buriho hakajyaho ubukora ibyo Perezida Trump yifuza. Ku rundi ruhande ariko ibiganiro birarimbanyije aho bihagarariwe na Oman nk'umuhuza.


Iran yaganiriye na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ku biganiro byabereye I Geneva mu Suwisi,bikaba biri kugirwamo uruhare na Oman. Ni ibiganiro byabaye ku wa 26 Gashyantare 2026.

Abbas Araghchi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yabwiye Aljazeera ko ibiganiro byagenze neza ndetse mu Cyumweru gitaha hazaba ibindi bagana ku musozo ariko bikazabera I Vienna. Ni ibiganiro bigamije kurebera hamwe niba Amerika yakuriraho ibihano Iran ku bijyanye n’ingufu za kirimbuzi.

Ikindi kandi abademokarate bategereje gutora itegeko rikumira Amerika mu gutera Iran hakoreshejwe ingufu za gisirikare. Ku rundi ruhande ariko Abarepubulikani bashyigikiye ko ubutegetsi muri Iran buhinduka.

Iran n’Amerika mu biganiro

Feb 27, 2026 - 12:53
Feb 27, 2026 - 13:00
 0
Iran n’Amerika mu biganiro

Ishyamba si ryeru mu nteko ishingamategeko y'Amerika ku ngingo yo kuba Leta Zunze Ubumwe z'Amerika zatera Iran mu rwego rwo gukuraho ubutegetsi buriho hakajyaho ubukora ibyo Perezida Trump yifuza. Ku rundi ruhande ariko ibiganiro birarimbanyije aho bihagarariwe na Oman nk'umuhuza.


Iran yaganiriye na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ku biganiro byabereye I Geneva mu Suwisi,bikaba biri kugirwamo uruhare na Oman. Ni ibiganiro byabaye ku wa 26 Gashyantare 2026.

Abbas Araghchi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yabwiye Aljazeera ko ibiganiro byagenze neza ndetse mu Cyumweru gitaha hazaba ibindi bagana ku musozo ariko bikazabera I Vienna. Ni ibiganiro bigamije kurebera hamwe niba Amerika yakuriraho ibihano Iran ku bijyanye n’ingufu za kirimbuzi.

Ikindi kandi abademokarate bategereje gutora itegeko rikumira Amerika mu gutera Iran hakoreshejwe ingufu za gisirikare. Ku rundi ruhande ariko Abarepubulikani bashyigikiye ko ubutegetsi muri Iran buhinduka.