RDC: Abahitanwe n'umwuzure muri Fizi umaze kurenga 110
Umubare w'abamaze guhitanwa n’umwuzure wabaye mu cyumweru gishize i Kasaba muri teritwari ya Fizi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukomeje kwiyongera .
Kuri uyu wa mbere, ubuyobozi bw’intara ya Kivu y’Epfo bwatangaje ko ibi biza byahitanye 114.
Umuvugizi w’iyi ntara, Didier Kabi, kuri uyu wa mbere yavuze raporo yatanzwe igaragaza ko umubare w’abishwe n’ibiza wiganjemo abagabo abagore n’abana.”
Yagize ati: "Mu gitondo cyo ku ya 12 Gicurasi 2025, raporo yatugezeho saa 11h15 irerekana ko hapfuye abantu 114 barimo abagore 19, abagabo 56 n'abana 49 ndetse n'amazu arenga 150 yarasenyutse."
Actualite.cd itangaza ko umubare w’abishwe n’ibiza ukomeje kwiyongera kuko mu mpera z'icyumweru gishize abayobozi batangaje ko hapfuye abantu babarirwa kuri 61.
Mu ijoro ryo ku ya 8 kugeza ku ya 9 Gicurasi 2025, umudugudu wa Kasaba mu karere ka Fizi wibasiwe n'amazi y'umugezi wa Kasaba na Bekya bituma hari umubare w’ababuriwe irengero n’ubu ibikorwa byo kubashakisha bikaba bikomeje.


Kinyarwanda
English
Swahili









