
Perezida Museveni asanga Uganda irusha Demokarasi ibibihugu byo Burengerazuba bw'Isi
Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, yavuze ko n'ubwo ngo ibihugu byo mu Burengerazuba bw'Isi byitaka ko bifite Demokarasi iri hejuru, asanga bitayirusha Uganda.
Museveni umaze imyaka itari micye ku butegetsi , ni umwe mu bakuru b'ibihugu bamaze igihe ku buyobozi.
Ibihugu bitandukanye byo mu Burengerazuba bw'Isi byamushinje ubuyobozi bushingiye ku gitugu no gukandamiza abatavuga rumwe n’ubutegetsi, ndetse no kuriganya amatora kugira ngo agume ku butegetsi.
Mu kiganiro na televiziyo yo mu Burusiya Russia Today (RT) i Kampala, Museveni yavuze ko nubwo ibyo bihugu byirata Demokarasi asanga bitayirusha Uganda.
Ati: "Uburyo bwa demokarasi bw’Iburengerazuba bwari iterambere ku bantu, ariko barayangiza bashaka ko abantu bose bakurikiza ibyo bakora. Ku bwanjye rero Uganda ifite demokarasi kurusha ibyo bihugu byose".
Perezida Museveni yashinje cyane Uburengerazuba gushaka gushyira gahunda zabwo ku isi yose. Yamaganye ku mugaragaro Amerika ko yivanga mu mikorere ya Uganda.
Muri icyo kiganiro kandi n’itangazamakuru ry’Uburusiya, Museveni yamaganye Amerika kubera ko yagerageje guhungabanya ubukungu bwa Uganda nyuma yo gushyiraho itegeko rirwanya abaryamana bahuje ibitsina.
Yavuze ko kuba Afurika ubwayo ikora ubucuruzi hagati yayo, ari uburyo bwiza bwo kurwanya Ubukoroni.
Ati: "Turagurisha hagati yacu kandi tunagurisha ku bandi bantu. Rero, aka karere [Afurika] Ubucuruzi hagati yacu ni kimwe mu bikorwa bikomeye byo kurwanya ubukoloni.
Muri Werurwe 2023, Inteko Ishinga amategeko ya Uganda yemeje itegeko rirwanya abaryamana bahuje ibitsina , aho uwahamijwe icyaha agomba guhabwa igihano kuva ku myaka 10 kuzamura harimo na burundu ndetse n'igihano cy'urupfu ku babishishikariza abandi.