issa
Impinduka zikomeye mu mikino yo kwishyura y'igikombe cy'Amahoro

Impinduka zikomeye mu mikino yo kwishyura y'igikombe cy'Amahoro

Apr 28, 2025 - 16:18
 0

Mu gikombe cy'Amahoro, hajemo impinduka mu mikino yo kwishyura iteganyijwe muri iki cyumweru.


Kuri uyu wa gatatu tariki 30 Mata 2025, nibwo biteganyijwe ko haraba imikino yo kwishyura y'igikombe cy'Amahoro. Ni imikino itoroshye harimo ugomba guhuza ikipe ya Rayon Sports na Mukura Victory Sports ndetse n'uwugomba guhuza APR FC na Police FC.

Ni impinduka zajemo nyuma y'iminsi bihwihwiswa ko ishobora kwimurwa aho yagombaga kubera ndetse ishyirahamwe ry'umupira w'amagaru mu Rwanda, FERWAFA nta gihindutse irabitangaza.

Amakuru ahari kugeza ubu ni uko iyi mikino yombi igomba kubera muri Sitade Amahoro nyuma y'ubusabe bw'amakipe agomba kwakira iyi mikino.

Iyi mikino bivugwa ko amasaha yari buzabere muri Kigali Pele Stadium, ntakizahinduka usibye kuba iyi mikino izabera mu Amahoro Stadium.

Ikipe ya Rayon Sports iratangira imyiteguro uyu munsi tariki 28 Mata 2025, ndetse na Mukura Victory Sports nibwo iratangira. Ku rundi ruhande ikipe ya Police FC na APR FC zirakomeza imyitozo kuri uyu wa mbere. 

Imikino ibanza ikipe zose yanganyije kuko Rayon Sports yanganyije na Mukura Victory Sports igitego 1-1 naho ikipe ya APR FC inganya na Police FC igitego 1-1.

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Impinduka zikomeye mu mikino yo kwishyura y'igikombe cy'Amahoro

Apr 28, 2025 - 16:18
Apr 28, 2025 - 16:18
 0
Impinduka zikomeye mu mikino yo kwishyura y'igikombe cy'Amahoro

Mu gikombe cy'Amahoro, hajemo impinduka mu mikino yo kwishyura iteganyijwe muri iki cyumweru.


Kuri uyu wa gatatu tariki 30 Mata 2025, nibwo biteganyijwe ko haraba imikino yo kwishyura y'igikombe cy'Amahoro. Ni imikino itoroshye harimo ugomba guhuza ikipe ya Rayon Sports na Mukura Victory Sports ndetse n'uwugomba guhuza APR FC na Police FC.

Ni impinduka zajemo nyuma y'iminsi bihwihwiswa ko ishobora kwimurwa aho yagombaga kubera ndetse ishyirahamwe ry'umupira w'amagaru mu Rwanda, FERWAFA nta gihindutse irabitangaza.

Amakuru ahari kugeza ubu ni uko iyi mikino yombi igomba kubera muri Sitade Amahoro nyuma y'ubusabe bw'amakipe agomba kwakira iyi mikino.

Iyi mikino bivugwa ko amasaha yari buzabere muri Kigali Pele Stadium, ntakizahinduka usibye kuba iyi mikino izabera mu Amahoro Stadium.

Ikipe ya Rayon Sports iratangira imyiteguro uyu munsi tariki 28 Mata 2025, ndetse na Mukura Victory Sports nibwo iratangira. Ku rundi ruhande ikipe ya Police FC na APR FC zirakomeza imyitozo kuri uyu wa mbere. 

Imikino ibanza ikipe zose yanganyije kuko Rayon Sports yanganyije na Mukura Victory Sports igitego 1-1 naho ikipe ya APR FC inganya na Police FC igitego 1-1.