issa
Perezida Kagame yahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia uri mu Rwanda

Perezida Kagame yahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia uri mu Rwanda

Apr 15, 2025 - 18:44
 0

Perezida Paul Kagame yahuye na  Field Marshal Birhanu Jula, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia (Ethiopian National Defence Force, ENDF), n’itsinda ayoboye, bari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.


Ibiro by’umukuru w’Igihugu 'Village Urugwiro' bibinyujije ku rubuga rwa X, byatangaje ko Perezida Kagame yahuye na Field Marshal Birhanu Jula. Field Marshal ari mu Rwanda aho ari kugirira uruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi itatu.

Ni uruzinduko uyu musirikare yatangiye ku Cyumweru tariki ya 13 Mata, rukazageza ku wa Gatatu tariki ya 16 Mata.

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Mata, Maréchal Birhanu Jula yakiriwe ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda giherereye ku Kimihurura na mugenzi we wa RDF, Gen Mubarakh Muganga.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia, Field Marshal Birhanu Jula kandi yanasuye Minisitiri w’Ingabo muri Guverinoma y’u Rwanda, Juvenal Marizamunda.

 

Perezida Kagame yahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia uri mu Rwanda

Apr 15, 2025 - 18:44
 0
Perezida Kagame yahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia uri mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yahuye na  Field Marshal Birhanu Jula, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia (Ethiopian National Defence Force, ENDF), n’itsinda ayoboye, bari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.


Ibiro by’umukuru w’Igihugu 'Village Urugwiro' bibinyujije ku rubuga rwa X, byatangaje ko Perezida Kagame yahuye na Field Marshal Birhanu Jula. Field Marshal ari mu Rwanda aho ari kugirira uruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi itatu.

Ni uruzinduko uyu musirikare yatangiye ku Cyumweru tariki ya 13 Mata, rukazageza ku wa Gatatu tariki ya 16 Mata.

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Mata, Maréchal Birhanu Jula yakiriwe ku cyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda giherereye ku Kimihurura na mugenzi we wa RDF, Gen Mubarakh Muganga.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia, Field Marshal Birhanu Jula kandi yanasuye Minisitiri w’Ingabo muri Guverinoma y’u Rwanda, Juvenal Marizamunda.