Amerika ihagaritse Visa ku bafite uruhare mu kwinjiza abantu mu buryo bwa magendu
Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashyizeho ingamba zo kubuza visa ba nyiri n’abayobozi bakuru b’ibigo bitwara abagenzi bikorera mu Buhinde bashinjwa gufasha abantu kwinjira muri Amerika mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ibi bihano bigamije guhashya ibikorwa byo gucuruza abantu no gukumira imiyoboro yinjiza abimukira mu buryo butemewe.
Ibi bihano bishyirwa mu bikorwa hakurikijwe ingingo ya 212(a)(3)(C) y’Itegeko ry’Ubwenegihugu n’Ubuhunzi rya Amerika, rishyiraho uburenganzira bwo kwima visa abantu bafatwa nk’ingaruka mbi ku nyungu z’igihugu.
Leta ya Amerika yavuze ko izakomeza gufata ingamba zo gukumira no guhana abantu bose bafasha mu bikorwa by’ubucuruzi bw’abantu no kwinjiza abimukira mu buryo butemewe n’amategeko.


Kinyarwanda
English
Swahili









