EU yasabye M23 gufungura ikibuga cy'indege cya Goma

EU yasabye M23 gufungura ikibuga cy'indege cya Goma

Mar 6, 2025 - 17:51
 0

Mu gihe yari i Kinshasa, uhagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi (EU) mu karere k’ibiyaga bigari, Johan Borgstam, yatangaje ko hari imodoka zaturutse i Nairobi (Kenya) zerekeza i Goma (Kivu y'Amajyaruguru) zizaniye ubufasha abashegeshwe n’intambara ya FARDC na M23. 


Icyakora Johana avuga ko ngo bigoye ko imodoka zizana  iyo mfashanyo kuko rwakabaye ari urugendo rwagakozwe n'indege ariko ntibikunda kuko ikibuga cy’indege cya Goma gifunzwe bityo agasaba ko cyafungurwa.

Ati” Nkuko mubizi, yaba leta ya congo cyangwa MONUSCO kuri ubu ntibashobora kugera kuri iki kibuga cy'indege kuko gifunze kandi cyari  gifite uruhare runini mu koroshya  ubutabazi.

Yasabye ibi, nyamara M23 yaragiye igaragaza  ko FARDC n’abafatanyabikorwa bayo bangije iki kibuga mu gihe habaga imirwano mu mujyi wa Goma bityo ko gikeneye gusanwa.

Kugeza ubu Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryo ryatangaje ko ryagejeje  muri Goma  amapaki 500 y’amaraso hamwe n’ibikoresho byinshi by’ubuvuzi byakusanyirijwe i Kinshasa kugira  ngo abarwayi bakeneye ubufasha bitabweho.

 

 

EU yasabye M23 gufungura ikibuga cy'indege cya Goma

Mar 6, 2025 - 17:51
 0
EU yasabye M23 gufungura ikibuga cy'indege cya Goma

Mu gihe yari i Kinshasa, uhagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi (EU) mu karere k’ibiyaga bigari, Johan Borgstam, yatangaje ko hari imodoka zaturutse i Nairobi (Kenya) zerekeza i Goma (Kivu y'Amajyaruguru) zizaniye ubufasha abashegeshwe n’intambara ya FARDC na M23. 


Icyakora Johana avuga ko ngo bigoye ko imodoka zizana  iyo mfashanyo kuko rwakabaye ari urugendo rwagakozwe n'indege ariko ntibikunda kuko ikibuga cy’indege cya Goma gifunzwe bityo agasaba ko cyafungurwa.

Ati” Nkuko mubizi, yaba leta ya congo cyangwa MONUSCO kuri ubu ntibashobora kugera kuri iki kibuga cy'indege kuko gifunze kandi cyari  gifite uruhare runini mu koroshya  ubutabazi.

Yasabye ibi, nyamara M23 yaragiye igaragaza  ko FARDC n’abafatanyabikorwa bayo bangije iki kibuga mu gihe habaga imirwano mu mujyi wa Goma bityo ko gikeneye gusanwa.

Kugeza ubu Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryo ryatangaje ko ryagejeje  muri Goma  amapaki 500 y’amaraso hamwe n’ibikoresho byinshi by’ubuvuzi byakusanyirijwe i Kinshasa kugira  ngo abarwayi bakeneye ubufasha bitabweho.

 

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

This site uses cookies. By continuing to browse the site you are agreeing to our use of cookies.