issa
Ousmane Dembélé na Lamine Yamal bakomeje kwiharira ibihembo muri uyu mwaka

Ousmane Dembélé na Lamine Yamal bakomeje kwiharira ibihembo muri uyu mwaka

Dec 29, 2025 - 08:06
 0

Abakinnyi barimo Lamine Yamal, Ousmane Dembélé, Cristiano Ronaldo, Paul Pogba bari mu baraye begukanye ibihembo by'abitwaye neza muri uyu mwaka wa 2025, bitangwa na Globe Soccer bitangirwa i Dubai.


Ni ibihembo byaraye bitanzwe mu ijoro ryacyeye tariki 28 Ukuboza 2025, aho abakinnyi bakomeye, aba Perezida b'amakipe, abakanyujijeho mu mupira w'amagaru, ndetse n'abandi bakomeye mu mikino itandukanye bari bateraniye i Dubai mu muhango wo gutanga ibi bihembo bya Globe Soccer.

FC Barcelona ni imwe mu makipe yihariye ibihembo muri iri joro kuko umutoza wayo, Hansi Flik yegukanye igihembo cy'umutoza mwiza muri Shampiyona ya Espagne, Raphinha yegukana igihembo cy'umukinnyi mwiza muri Shampiyona ya Espagne, Lamine Yamal yegukanye igihembo cy'umukinnyi mwiza w'umwaka i Burayi uri munsi y'imyaka 23 ndetse na Aitana Bonmati ukina mu bagore b'iyi kipe.

Lamine Yamal iri joro ryari irye kuko ari mu begukanye ibihembo byinshi. Usibye kwegukana igihembo cy'umukinnyi ukuri muto mwiza, yaje no kwegukana igihembo cy'umukinnyi utaha izamu mwiza. Ariko Kandi Novak Djokovic ukina Tenis nawe yegukanye igihembo cya Globe Sports Award.

Ntabwo FC Barcelona ari yo yatwaye ibihembo byinshi gusa, ahubwo na Paris Saint-Germain nayo yegukanye ibihembo bitari bicye bijyanye nuko yitwaye muri uyu mwaka wa 2025. Abarimo Ousmane Dembélé yegukanye igihembo cy'umukinnyi w'umwaka mu bagabo, Vitinha yegukana igihembo cy'umukinnyi mwiza ukina mu kibuga hagati, Désiré Doue yegukanye igihembo cy'umukinnyi wagaragaje impano idasanzwe. 

Iyi kipe Kandi yabaye iy'umwaka, Luis Enrique atorwa nk'umutoza w'umwaka, ushinzwe ibikorwa by'umupira w'amagaru muri PSG, Luis Campos atorwa nk'umwiza mu bandi babarizwa mu makipe yose i Burayi. Perezida wa PSG, Nasser Al-Khelaifi yegukanye igihembo cy'umuperezida w'ikipe mwiza.

Muri ibi bihembo kandi Cristiano Ronaldo yegukanye igihembo cy'umukinnyi mwiza mu burasirazuba bwo hagati, Paul Pogba yegukana igihembo cy'umukinnyi wagarutse neza nyuma y'igihe adakina umupira w'amagaru, ndetse n'abandi benshi.

Ibihembo bya Globe Soccer byatangiye gutangwa muri 2010 bigizwemo uruhare na Tommaso Bendoni ndetse na Ricardo Silva. Ibi bihembo bya Globe Soccer bamwe mu bafatanyabikorwa bayo barimo ikinyamakuru cyibarizwa muri Espagne, Marca ndetse na Dubai Sports Council.

Lamine Yamal yegukanye ibihembo bibiri bitangazwa na Globe Socce

Cristiano Ronaldo yongeye kwegukana igihembo 

Ousmane Dembélé yegukanye igihembo cy'umukinnyi w'umwaka mu bagabo

Philcollens Sports Journalist Tel: 0784798373

Ousmane Dembélé na Lamine Yamal bakomeje kwiharira ibihembo muri uyu mwaka

Dec 29, 2025 - 08:06
Dec 29, 2025 - 08:07
 0
Ousmane Dembélé na Lamine Yamal bakomeje kwiharira ibihembo muri uyu mwaka

Abakinnyi barimo Lamine Yamal, Ousmane Dembélé, Cristiano Ronaldo, Paul Pogba bari mu baraye begukanye ibihembo by'abitwaye neza muri uyu mwaka wa 2025, bitangwa na Globe Soccer bitangirwa i Dubai.


Ni ibihembo byaraye bitanzwe mu ijoro ryacyeye tariki 28 Ukuboza 2025, aho abakinnyi bakomeye, aba Perezida b'amakipe, abakanyujijeho mu mupira w'amagaru, ndetse n'abandi bakomeye mu mikino itandukanye bari bateraniye i Dubai mu muhango wo gutanga ibi bihembo bya Globe Soccer.

FC Barcelona ni imwe mu makipe yihariye ibihembo muri iri joro kuko umutoza wayo, Hansi Flik yegukanye igihembo cy'umutoza mwiza muri Shampiyona ya Espagne, Raphinha yegukana igihembo cy'umukinnyi mwiza muri Shampiyona ya Espagne, Lamine Yamal yegukanye igihembo cy'umukinnyi mwiza w'umwaka i Burayi uri munsi y'imyaka 23 ndetse na Aitana Bonmati ukina mu bagore b'iyi kipe.

Lamine Yamal iri joro ryari irye kuko ari mu begukanye ibihembo byinshi. Usibye kwegukana igihembo cy'umukinnyi ukuri muto mwiza, yaje no kwegukana igihembo cy'umukinnyi utaha izamu mwiza. Ariko Kandi Novak Djokovic ukina Tenis nawe yegukanye igihembo cya Globe Sports Award.

Ntabwo FC Barcelona ari yo yatwaye ibihembo byinshi gusa, ahubwo na Paris Saint-Germain nayo yegukanye ibihembo bitari bicye bijyanye nuko yitwaye muri uyu mwaka wa 2025. Abarimo Ousmane Dembélé yegukanye igihembo cy'umukinnyi w'umwaka mu bagabo, Vitinha yegukana igihembo cy'umukinnyi mwiza ukina mu kibuga hagati, Désiré Doue yegukanye igihembo cy'umukinnyi wagaragaje impano idasanzwe. 

Iyi kipe Kandi yabaye iy'umwaka, Luis Enrique atorwa nk'umutoza w'umwaka, ushinzwe ibikorwa by'umupira w'amagaru muri PSG, Luis Campos atorwa nk'umwiza mu bandi babarizwa mu makipe yose i Burayi. Perezida wa PSG, Nasser Al-Khelaifi yegukanye igihembo cy'umuperezida w'ikipe mwiza.

Muri ibi bihembo kandi Cristiano Ronaldo yegukanye igihembo cy'umukinnyi mwiza mu burasirazuba bwo hagati, Paul Pogba yegukana igihembo cy'umukinnyi wagarutse neza nyuma y'igihe adakina umupira w'amagaru, ndetse n'abandi benshi.

Ibihembo bya Globe Soccer byatangiye gutangwa muri 2010 bigizwemo uruhare na Tommaso Bendoni ndetse na Ricardo Silva. Ibi bihembo bya Globe Soccer bamwe mu bafatanyabikorwa bayo barimo ikinyamakuru cyibarizwa muri Espagne, Marca ndetse na Dubai Sports Council.

Lamine Yamal yegukanye ibihembo bibiri bitangazwa na Globe Socce

Cristiano Ronaldo yongeye kwegukana igihembo 

Ousmane Dembélé yegukanye igihembo cy'umukinnyi w'umwaka mu bagabo