issa
Nyabugogo:Babangamiwe n'abataka ba telefone babategera mu nzira bakabambura

Nyabugogo:Babangamiwe n'abataka ba telefone babategera mu nzira bakabambura

Dec 20, 2025 - 12:22
 0

Bamwe mu baturage batemberera mu Gasantere ka Nyabugogo mu Karere ka Nyarugenge,bavuga ko Babangamiwe n'abantu biyise abataka bagura telefone bakanazigurisha babategera mu nzira bakabambura ibyabo.


Bamwe mu baganiriye na UKWELITIMES, bavuga ko hari abantu biyise abataka baba ruguru ya Gare ya Nyabugogo babiba kandi baba bigize nk'abacuruzi ba Telefone.

Bavuga ko babangamirwa n'uburyo aba bataka babategera mu nzira bakagenda babafatafata babashishikariza kugurisha Telefone zabo.

Uwitwa Kalisa Jean Marie Vianney, we yagize ati "Ugira utya uri kugenda ukumva umuntu arakubajije ngo iyo telefone urayigurisha? Kandi byose abikubwira yanagufashe ari kugukorakoraho ku buryo hari n'igihe uza kureba nyuma ugasanga yakwibye.

Uwitwa Uwimariya Aline, we yemeza ko hari uwo yafashwe ari kumukorera mu ishakoshi 

Ati "Bariba kuko njye hari n'uwo nafashe ari gukora mu ishakoshi yanjye ashaka kunyiba kandi yari yigize nk'aho agurisha akanagura telefone mbibonye mpita ncaho."

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, ubwo yaganiraga na UKWELITIMES, yavuze ko Polisi yahagurukiye ikibazo cy'abiyita abataka kubera ko bahungabanya umutekano w'abaturage.

Yavuze ko nyuma y'uko bigaragaye ko abataka bahungabanya ituze n'umutekano w'abanyura aho baba bakorera, Polisi igiye gutangira kubafata.

Ati " Tugiye kubihagirukira abo bantu tubafate kuko bahungabanya ituze n'umudendezo w'abantu, birashoboka ko nyiri ako kabari cyangwa nyiri restaunt cyangwa se iduka n'imodoka ashobora kugira umuntu uyobora abagenzi ariko ntibagire itsinda rishobora guteza akavuyo kubera ko hari n'abakomeretsanya n'abakora ibindi bikorwa bibangamira abantu nko kubakurura yewe hari n'abatubwira ko babiba."

Nyabugogo:Babangamiwe n'abataka ba telefone babategera mu nzira bakabambura

Dec 20, 2025 - 12:22
 0
Nyabugogo:Babangamiwe n'abataka ba telefone babategera mu nzira bakabambura

Bamwe mu baturage batemberera mu Gasantere ka Nyabugogo mu Karere ka Nyarugenge,bavuga ko Babangamiwe n'abantu biyise abataka bagura telefone bakanazigurisha babategera mu nzira bakabambura ibyabo.


Bamwe mu baganiriye na UKWELITIMES, bavuga ko hari abantu biyise abataka baba ruguru ya Gare ya Nyabugogo babiba kandi baba bigize nk'abacuruzi ba Telefone.

Bavuga ko babangamirwa n'uburyo aba bataka babategera mu nzira bakagenda babafatafata babashishikariza kugurisha Telefone zabo.

Uwitwa Kalisa Jean Marie Vianney, we yagize ati "Ugira utya uri kugenda ukumva umuntu arakubajije ngo iyo telefone urayigurisha? Kandi byose abikubwira yanagufashe ari kugukorakoraho ku buryo hari n'igihe uza kureba nyuma ugasanga yakwibye.

Uwitwa Uwimariya Aline, we yemeza ko hari uwo yafashwe ari kumukorera mu ishakoshi 

Ati "Bariba kuko njye hari n'uwo nafashe ari gukora mu ishakoshi yanjye ashaka kunyiba kandi yari yigize nk'aho agurisha akanagura telefone mbibonye mpita ncaho."

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, ubwo yaganiraga na UKWELITIMES, yavuze ko Polisi yahagurukiye ikibazo cy'abiyita abataka kubera ko bahungabanya umutekano w'abaturage.

Yavuze ko nyuma y'uko bigaragaye ko abataka bahungabanya ituze n'umutekano w'abanyura aho baba bakorera, Polisi igiye gutangira kubafata.

Ati " Tugiye kubihagirukira abo bantu tubafate kuko bahungabanya ituze n'umudendezo w'abantu, birashoboka ko nyiri ako kabari cyangwa nyiri restaunt cyangwa se iduka n'imodoka ashobora kugira umuntu uyobora abagenzi ariko ntibagire itsinda rishobora guteza akavuyo kubera ko hari n'abakomeretsanya n'abakora ibindi bikorwa bibangamira abantu nko kubakurura yewe hari n'abatubwira ko babiba."