Ntwari Fiacre ahanze amaso igikombe cy'Afurika cya 2027
Umuzamu w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi, Ntwari Fiacre ahanze amaso igikombe cy'Afurika cya 2027.
Ibi yabitangaje ku munsi w'ejo hashize tariki 17 Nzeri 2025, ubwo yaganiraga n'ikinyamakuru cyo muri Afurika y'epfo cyitwa Far Post. Uyu muzamu w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi, Ntwari Fiacre avuga ko amajonjora yo gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi ari inzira nziza yo kwitegura kuzajya mu gikombe cy'Afurika cya 2027.
Yagize ati " Ndatekereza ko ejo hazaza ku ikipe y’igihugu y’u Rwanda, hamwe n’umutoza Adel ari heza. Intego nyamukuru ni AFCON ya 2027. Aya majonjora yo gushaka itike yo gukina igikombe cy’Isi aradufasha kugira ikipe ikina uko umutoza abishaka, bityo tuzaba twiteguye. "
Yakomeje agira ati " Hashize igihe kitari gito tutabona itike yo gukina igikombe cya Afurika, ariko ntekereza ko hamwe na Adel, muri 2027 abantu bazabona u Rwanda mu gikombe cya Afurika."
Ntwari Fiacre akomeza avuga ko ashimira cyane umutoza w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi, Adel Amrouche kuko akomeza kumugirira icyizere akamuha umwanya wo gukina nubwo mu ikipe ye ya Kaizar Chiefs nta mwanya uhagije abona wo gukina.
Uyu muzamu ni umwe mu bakinnyi ngenderwaho mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda Amavubi kuko ni umwe mu bahamagarwa bagakina kandi bakitwara neza.
Ntwari Fiacre yakiniye amakipe akomeye hano mu Rwanda arimo APR FC, Marine FC ndetse na AS Kigali. Fiacre yakiniye Kandi na TS Galaxy yavuyemo mu mpeshyi ya 2024 yerekeza muri Kaizar Chiefs zose zibarizwa muri Afurika y'epfo.
Ntwari Fiacre ni umwe mu bakinnyi bitwara neza mu Amavubi


Kinyarwanda
English
Swahili









