issa
Ukekwaho kwica abapolisi 3 muri leta ya Pennsylvania yapfuye yirashe

Ukekwaho kwica abapolisi 3 muri leta ya Pennsylvania yapfuye yirashe

Sep 18, 2025 - 14:34
 0

Kuri uyu wa Gatatu, nibwo abapolisi batatu bo muri Leta ya Pennsylvania, iherereye mu majyepfo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bapfuye barashwe n’umwe mu bagize umutwe witwaje intwaro mu gihe abandi babiri bakomeretse.


Ibi byabereye mu gace ka North Codorus, mu Karere ka York, ku wa 17 Nzeri 2025, ahagana saa munani z’amanywa nk’uko byatangajwe na Polisi ya Pennsylvania. Nyuma y’ibyo, kugeza ubu amakuru ahari yatangajwe na Polisi y’ayo ni uko umwe mu bagize uwo mutwe ukekwaho kurasa abo bapolisi yapfuye yirashe akoresheje imbunda ye.

Josh Shapiro, Guverineri wa Pennsylvania, yanditse ku rubuga rwe rwa X ko nyuma yo kumva iyo nkuru ibabaje yahise yerekeza mu Karere ka York, aho iryo raswa ryabereye, mu rugendo rw’ibilometero 160 uvuye i Philadelphia mu magepfo ya Amerika.

Yagize ati“ Namaze kumenyeshwa ibyabaye ku bapolisi bacu bo mu Karere ka York, ubu ndimo kwihutira kugera aho byabereye. Ikindi ni uko dusaba abaturage kugendera ku mabwiriza y’inzego z’umutekano.”

Iryo raswa kandi ryatumye habaho guhagarara kw’amasomo ku banyeshuri biga mu ishuri rya Spring Grove riherereye mu Kagari ka Pennsylvania.

Uretse ko kugeza ubu hataramenyekana neza nyirizina impamvu yihishe inyuma y’iraswa ry’abo bapolisi ndetse n’indi mitwe ibiri inyuma, ni mugihe Polisi yaho igikomeje iperereza ryimbitse.

Ukekwaho kwica abapolisi 3 muri leta ya Pennsylvania yapfuye yirashe

Sep 18, 2025 - 14:34
Sep 18, 2025 - 16:44
 0
Ukekwaho kwica abapolisi 3 muri leta ya Pennsylvania yapfuye yirashe

Kuri uyu wa Gatatu, nibwo abapolisi batatu bo muri Leta ya Pennsylvania, iherereye mu majyepfo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bapfuye barashwe n’umwe mu bagize umutwe witwaje intwaro mu gihe abandi babiri bakomeretse.


Ibi byabereye mu gace ka North Codorus, mu Karere ka York, ku wa 17 Nzeri 2025, ahagana saa munani z’amanywa nk’uko byatangajwe na Polisi ya Pennsylvania. Nyuma y’ibyo, kugeza ubu amakuru ahari yatangajwe na Polisi y’ayo ni uko umwe mu bagize uwo mutwe ukekwaho kurasa abo bapolisi yapfuye yirashe akoresheje imbunda ye.

Josh Shapiro, Guverineri wa Pennsylvania, yanditse ku rubuga rwe rwa X ko nyuma yo kumva iyo nkuru ibabaje yahise yerekeza mu Karere ka York, aho iryo raswa ryabereye, mu rugendo rw’ibilometero 160 uvuye i Philadelphia mu magepfo ya Amerika.

Yagize ati“ Namaze kumenyeshwa ibyabaye ku bapolisi bacu bo mu Karere ka York, ubu ndimo kwihutira kugera aho byabereye. Ikindi ni uko dusaba abaturage kugendera ku mabwiriza y’inzego z’umutekano.”

Iryo raswa kandi ryatumye habaho guhagarara kw’amasomo ku banyeshuri biga mu ishuri rya Spring Grove riherereye mu Kagari ka Pennsylvania.

Uretse ko kugeza ubu hataramenyekana neza nyirizina impamvu yihishe inyuma y’iraswa ry’abo bapolisi ndetse n’indi mitwe ibiri inyuma, ni mugihe Polisi yaho igikomeje iperereza ryimbitse.