issa
Niyonkuru Florence yatwaye Umudali wa Zahabu muri Lyon Half Marathon

Niyonkuru Florence yatwaye Umudali wa Zahabu muri Lyon Half Marathon

Oct 1, 2025 - 11:05
 0

Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence wa Sina Gérard A.C mu bagore, yatwaye Umudali wa Zahabu muri Lyon Half Marathon, yaberaga mu Bufaransa.


Uyu Niyonkuru, ni umwe mu bakinnyi 2899 basiganwa ku maguru bakinnye Lyon Half Marathon, mu ahiga abandi mu cyiciro cy’abagore, mu gihe yabaye uwa cyenda muri rusange.

Iri siganwa yegukanye nyuma yo gukoresha isaha imwe, iminota 10 n’amasegonda 14, akaba yararushijwe iminota icyenda n’amasegonda 13 n’Umunya-Kenya, Kimaiyo Vincent, wegukanye Umudali wa Zahabu mu bagabo.

Uyu mukobwa Niyonkuru yatwaye Shampiyona y’Igihugu ya Cross Country mu mpera z’uyu mwaka wa 2025 yanatwaye isiganwa rya Kigali International Peace Marathon.

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, nawe yashimiye uyu mukinnyi abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, agira ati “Niyonkuru wacu ageze ku rwego rwo hejuru muri Half Marathon. Iri ni itangiriro kandi ab’iwanyu twese tukuri inyuma.”

Niyonkuru Florence yatwaye Umudali wa Zahabu muri Lyon Half Marathon

Oct 1, 2025 - 11:05
 0
Niyonkuru Florence yatwaye Umudali wa Zahabu muri Lyon Half Marathon

Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence wa Sina Gérard A.C mu bagore, yatwaye Umudali wa Zahabu muri Lyon Half Marathon, yaberaga mu Bufaransa.


Uyu Niyonkuru, ni umwe mu bakinnyi 2899 basiganwa ku maguru bakinnye Lyon Half Marathon, mu ahiga abandi mu cyiciro cy’abagore, mu gihe yabaye uwa cyenda muri rusange.

Iri siganwa yegukanye nyuma yo gukoresha isaha imwe, iminota 10 n’amasegonda 14, akaba yararushijwe iminota icyenda n’amasegonda 13 n’Umunya-Kenya, Kimaiyo Vincent, wegukanye Umudali wa Zahabu mu bagabo.

Uyu mukobwa Niyonkuru yatwaye Shampiyona y’Igihugu ya Cross Country mu mpera z’uyu mwaka wa 2025 yanatwaye isiganwa rya Kigali International Peace Marathon.

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, nawe yashimiye uyu mukinnyi abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, agira ati “Niyonkuru wacu ageze ku rwego rwo hejuru muri Half Marathon. Iri ni itangiriro kandi ab’iwanyu twese tukuri inyuma.”