Yatsinze ibitego 5 Saison yose! Icyo wamenya ku mukinnyi uje gushakira APR FC ibitego
Ikipe ya APR FC biravugwa ko yamaze kumvikana na Raoul Memel Dao ukomoka muri Burkina Faso.
Ku wa Kane tariki 19 kamena 2025, nibwo hagiye hanze amakuru avuga ko rutahizamu w’umunya-Burkina Faso witwa Raouf Memel Dao, yamaze kumvikana na APR FC.
Ni amakuru UKWELITIMES dukesha umunyamakuru ukurikiranira bya hafi APR FC witwa Kalisa Bruno Taifa.
Uyu musore afite imyaka 21 kuko yavutse tariki 5 Nzeri 2003. Ni umukinnyi ukiri muto ndetse yo urebye amashusho ye mu kibuga ubona ko ari umukinnyi ushobora kuba ari mwiza.
Raouf Memel Dao, akina nka nimero 10 ariko ushobora no gukoreshwa ku ruhande rw’iburyo n’ibumoso mu gice cyo kwataka mu gihe bibaye ngombwa kuko akinisha amaguru yombi. Dao yakinaga muri US Ouagadougou.
Uyu mukinnyi ukiri muto yahamagawe mu ikipe y’igihugu nkuru ya Burkina Faso ndetse kandi yanakinnye no mu batarengeje imyaka 20. Uyu mukinnyi yanakinnye kandi muri RC Kadiogo, Black Stars ndetse na US Sonabel Ouagadougou.
Raouf Memel Dao muri shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Burkina Faso Saison 2024/2025, niwe watowe nk’umukinnyi mwiza wa Saison muri shampiyona( Fasofoot Ligue 1).
Muri iyi saison irangiye uyu musore yatsinze ibitego 5. Gutsinda ibi bitego no kwitwara neza muri saison, nibyo byamuhaye amahirwe yo guhamagarwa mu ikipe y’igihugu ya Burkina Faso ubwo yakinaga imikino ya gishuti 2 irimo uwa Tunis ndetse na zimbambwe.
Rauof Dao bivugwa ko APR FC imwegukanye nyuma yo gutera umugongo Singida Black Stars yo mu gihugu cya Tanzania.
Raouf Memel Dao yatowe nk'umukinnyi wa Saison muri Burkina Faso


Kinyarwanda
English
Swahili









