issa
Napoli yanditse amateka mashya yegukana igikombe cya Kane cya Serie A

Napoli yanditse amateka mashya yegukana igikombe cya Kane cya Serie A

May 24, 2025 - 08:31
 0

Ikipe ya Napoli yongeye kwandika izina ryayo mu mateka y’umupira w’amaguru nyuma yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Butaliyani (Serie A) ku nshuro ya kane


Mu gihe isi yose y'umupira w'amaguru yari yerekeje amaso mu Butaliyani ku munsi wa nyuma wa shampiyona habura iminota micye gusa ngo hamenyekane ugomba kwegukana igikombe. Ikipe ya Napoli iyobowe n'umutoza Antonio Conte yari ku mwanya wa mbere irusha Inter Milan inota rimwe gusa.

Napoli yakoze ibishoboka byose itsinda ikipe ya Cagliari ibitego 2-0. Ni ibitego byatsinzwe na Scott McTominay ku munota wa 42 na Romelu Lukaku ku munota wa 51. Nubwo Inter Milan yatsinze Como 1907 ibitego 2-0, ntacyo byahinduye kuko Napoli nayo yari imaze gutsindira kuguma ku mwanya wa mbere.

Antonio Conte ahesheje Napoli iki gikombe mu mwaka we wa mbere nyuma yo kugera muri iyi kipe mu mpeshyi y'umwaka ushize. uyu mutoza w’umuhanga yanditse amateka mashya aba umutoza wa mbere mu mateka ubashije guhesha amakipe atatu atandukanye yo mu Butaliyani ibikombe bya shampiyona: Juventus, Inter Milan, na Napoli akongeraho n’igikombe yigeze kwegukana ari muri Chelsea mu Bwongereza.

Umukinnyi w’umwaka muri Serie A yabaye Scott McTominay, umwe mu bayoboye urugendo rwa Napoli kugera ku gikombe. Iyu mukinnyi wo hagati waturutse muri Manchester United mu mpeshyi ishize, yatsinze ibitego 12 anatanga imipira 4 yavuyemo ibitego, ni we watsinze igitego cyafunguye amazamu ku mukino wa nyuma, kikaba cyari icy’ingenzi mu kurinda Napoli amahirwe yayo yo kwegukana igikombe.

Iki ni igikombe cya kane cya shampiyona Napoli yegukanye mu mateka yayo. Ibikombe bibanza byaje mu 1987 na 1990, igihe ikipe yari iyobowe na nyakwigendera Diego Maradona ndetse no mu 2023. Iki gikombe cya 2025, cyije kiba icya kane mukabati ka Napoli.

Napoli irangije shampiyona ya 2024/2025, yanditse amateka mashya ndetse ihamya ko ubu iri mu makipe akomeye ku mugabane w’i Burayi. Itegerejweho byinshi mu marushanwa ataha harimo na UEFA Champions League.

 

Bitero Am the captain of my soul. 0791517856

Napoli yanditse amateka mashya yegukana igikombe cya Kane cya Serie A

May 24, 2025 - 08:31
May 24, 2025 - 12:23
 0
Napoli yanditse amateka mashya yegukana igikombe cya Kane cya Serie A

Ikipe ya Napoli yongeye kwandika izina ryayo mu mateka y’umupira w’amaguru nyuma yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Butaliyani (Serie A) ku nshuro ya kane


Mu gihe isi yose y'umupira w'amaguru yari yerekeje amaso mu Butaliyani ku munsi wa nyuma wa shampiyona habura iminota micye gusa ngo hamenyekane ugomba kwegukana igikombe. Ikipe ya Napoli iyobowe n'umutoza Antonio Conte yari ku mwanya wa mbere irusha Inter Milan inota rimwe gusa.

Napoli yakoze ibishoboka byose itsinda ikipe ya Cagliari ibitego 2-0. Ni ibitego byatsinzwe na Scott McTominay ku munota wa 42 na Romelu Lukaku ku munota wa 51. Nubwo Inter Milan yatsinze Como 1907 ibitego 2-0, ntacyo byahinduye kuko Napoli nayo yari imaze gutsindira kuguma ku mwanya wa mbere.

Antonio Conte ahesheje Napoli iki gikombe mu mwaka we wa mbere nyuma yo kugera muri iyi kipe mu mpeshyi y'umwaka ushize. uyu mutoza w’umuhanga yanditse amateka mashya aba umutoza wa mbere mu mateka ubashije guhesha amakipe atatu atandukanye yo mu Butaliyani ibikombe bya shampiyona: Juventus, Inter Milan, na Napoli akongeraho n’igikombe yigeze kwegukana ari muri Chelsea mu Bwongereza.

Umukinnyi w’umwaka muri Serie A yabaye Scott McTominay, umwe mu bayoboye urugendo rwa Napoli kugera ku gikombe. Iyu mukinnyi wo hagati waturutse muri Manchester United mu mpeshyi ishize, yatsinze ibitego 12 anatanga imipira 4 yavuyemo ibitego, ni we watsinze igitego cyafunguye amazamu ku mukino wa nyuma, kikaba cyari icy’ingenzi mu kurinda Napoli amahirwe yayo yo kwegukana igikombe.

Iki ni igikombe cya kane cya shampiyona Napoli yegukanye mu mateka yayo. Ibikombe bibanza byaje mu 1987 na 1990, igihe ikipe yari iyobowe na nyakwigendera Diego Maradona ndetse no mu 2023. Iki gikombe cya 2025, cyije kiba icya kane mukabati ka Napoli.

Napoli irangije shampiyona ya 2024/2025, yanditse amateka mashya ndetse ihamya ko ubu iri mu makipe akomeye ku mugabane w’i Burayi. Itegerejweho byinshi mu marushanwa ataha harimo na UEFA Champions League.